M23 ubu iragenzura umuhanda Goma-Minova uhuza Kivu zombi nyuma gufata Shasha

Indi midugudu myinshi yigaruriwe na M23 muri Teritwari ya Masisi kuri uyu wa Gatandatu ushize nyuma y’imirwano ikaze n’ihuriro rifatanyije na FARDC aho uyu mutwe ubu ugenzura umuhanda wa Goma-Minova nk’uko amakuru aturuka muri ako gace abitangaza.

“Bamanutse ku misozi ahagana mu ma saa mbiri n’igice za mu gitondo kugeza saa yine na mirongo ine n’itanu za mu gitondo bagera ku muhanda wa Sake Minova i Kirotshe. Ubu nkuvugisha, inyeshyamba ziragenzura imidugudu ya Kirotshe, Shasha, Kihindo, Kituva, Bukobati na Nyamubingwa. Bamwe mu baturage badafite uburyo bwo guhunga baracyari muri kariya gace. Inyeshyamba ziraye i Kirotshe, ”nk’uko bisobanurwa na Emmanuel, umuforomokazi muri ako karere.

Bamwe mu baturage bo mu mujyi wa Sake muri uyu mugoroba wo kuwa Gatandatu berekeje mu mujyi wa Goma kubera gutinya imirwano muriyu mujyi.

Ku wa Gatanu, itariki ya 2 Gashyantare, ingabo za Congo zari zijeje ko zikurikirana inyeshyamba zikazisunika zigusubira inyuma.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *