M23 yaba yahaye isomo FARDC

Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo biravugwa ko yatakarije abasirikare benshi mu mirwano yahuje Ingabo za Guverinoma yayo n’inyeshyamba zo mu mutwe wa M23.

Ni imirwano yabereye mu duce twa Teritwari ya Masisi ku Cyumweru tariki ya 01 Ukwakira 2023.

M23 ni yo yabanje gutanga impuruza y’iyi mirwano, mu butumwa Perezida wayo, Bertrand Bisimwa yanditse ku rubuga rwa X yahoze yitwa Twitter.

Ubutumwa nk’ubu kandi bwaje gutambutswa n’abavugizi b’uriya mutwe.

Aba bose bahurije ku kuba Ingabo za Guverinoma ya RDC n’imitwe yitwaje intwaro bakorana baragabye ibitero mu duce twa Kilolirwe, Kibarizo, Busumba na Kirumbu.

Amakuru aturuka mu begereye umutwe wa M23 avuga ko nta gace na kamwe wigeze utakaza nyuma y’iriya mirwano.

Bivugwa kandi ko imirwano yo ku Cyumweru yasize hari abasirikare benshi bo ku ruhande rwa Leta ya Congo bishwe.

Amashusho yashyizwe hanze n’abantu babogamiye kuri M23 yerekana imirambo y’abasirikare benshi bambaye impuzankano ya FARDC n’amakoti adatoborwa n’amasasu bivugwa ko ari abaguye muri iriya mirwano.

Hagati aho uruhande rw’Igisirikare cya Congo ruvuga ko nta bitero Ingabo zacyo zigeze zigaba kuri M23.

Lt Col Guillaume-Ndije Kaiko uvugira FARDC mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru, mu itangazo yasohoye ku Cyumweru yavuze ko “Ingabo z’u Rwanda zikorera mu mutwe wa M23 [ni zo] zagabye igitero muri Kilolirwe muri teritwari ya Masisi mu gushyira mu bikorwa umugambi wazo w’intambara no kurenga ku guhagarika imirwano.”

Uyu musirikare yunzemo ko icyo FARDC ishyize imbere ari “ukubaha agahenge ndetse no kubaha ibyemezo by’abakuru b’ibihugu by’akarere binyuze muri gahunda y’ibiganiro bya Nairobi na Luanda.”

Abakuru b’ibihugu by’akarere Kinshasa ivuga bamaze igihe bayisabye ko yo na M23 bahagarika imirwano, hanyuma bakayoboka inzira y’ibiganiro mu rwego rwo gukemura amakimbirane bafitanye.

M23 ivuga ko yiteguye kujya mu biganiro na Leta ya Congo, ibyo yongeye gushimangira mu itangazo Lawrence Kanyuka uyivugira mu bya Politiki yasohoye.

Guverinoma ya RDC nk’uko Perezida Félix Antoine Tshisekedi aheruka kubitangariza mu nteko rusange ya Loni iheruka kubera i New York, yo ivuga ko itazigera na rimwe ijya mu biganiro n’uriya mutwe.

Kinshasa ku ruhande rwayo ivuga ko yiteguye gukoresha imbaraga za gisirikare mu kwirukana M23 mu bice byose igenzura, ibiheruka gushimangirwa na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wayo, Christophe Lutundula.

Hagati aho ku wa Gatatu tariki ya 04 Ukwakira abagaba bakuru b’Ingabo z’ibihugu birimo ibigize umuryango wa SADC, EAC, CEEAC na CIRGL byitezwe ko bazahurira mu nama yo kurebera hamwe icyakorwa ngo umuti w’abakimbirane ya RDC na M23 uboneke.

Ni inama izabera i Addis-Abeba muri Ethiopia.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *