Military parade of the Armed and Security Forces of the DR Congo during the inauguration of President Felix-Antoine Tshisekedi Tshilombo, on January 20, 2024 at the Martyrs stadium in Kinshasa. (Photo by: Desirey Minkoh/Presse presidentielle/AfrikImages/Universal Images Group via Getty Images)

M23 yavuye imuzi impamvu zerekana ko Kinshasa iri gutegura intambara karahabutaka

Umutwe wa AFC/M23 wamaganye wivuye inyuma Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo uvuga ko ikomeje ibikorwa by’ubushotoranyi, nyamara impande zombi zaremeranyije gutanga agahenge.

M23 yamaganye ubu bushotoranyi biciye mu itangazo ryasohowe n’umuvugizi wayo, Lawrence Kanyuka.

AFC/M23 irashinja Leta ya RDC no gukomeza gushoza intambara, mu gihe ku wa 19 Nyakanga impande zombi zasinyiye i Doha amahame y’ibanze aganisha ku guhagarika intambara imaze imyaka itatu n’igice.

Kanyuka yashinje “ubutegetsi butemewe bwa Kinshasa” kuba bukomeje kwica ingingo ya kabiri y’ariya mahame yerekeye agahenge gahoraho.

Yagize ati “Ubutegetsi bwa Kinshasa buri kwica ku mugaragaro amahame y’ibanze yasinyiwe i Doha ku wa 19 Nyakanga, biciye mu kutayashyira mu bikorwa bwivuye inyuma. Buri kwica bubigambiriye agahenge; ingingo ya kabiri y’amahame y’ibanze, mbere, mu gihe na nyuma yo kuyasinya; ibisobanura ko budashaka kubahiriza ibyo bwiyemeje.”

Ingingo ya kabiri y’amahame Kinshasa ishinjwa kwica isaba impande zombi guhagarika ibitero byaba ibyo ku butaka; mu kirere ndetse no mu mazi.

Iyi ngingo cyo kimwe n’izindi zikubiye muri ariya mahame zakagombye kuba zarashyizwe mu bikorwa bitarenze ku wa Kabiri tariki ya 29 Nyakanga; umunsi ntarengwa impande zombi zari zihaye.

Icyakora bitandukanye n’ibyasinyiwe i Doha, Kanyuka yagaragaje ko “ibitero biri gukorwa n’ihuriro ry’ingabo z’ubutegetsi bwa Kinshasa n’abafatanyabikorwa bazo bo mu mahanga, birerekana umugambi wateguwe mbere w’intambara ku rugero runini.”

Yavuze ko nko hagati y’itariki ya 16 n’iya 17 Nyakanga, kuba Ingabo z’u Burundi zaroherejwe i Luvungi na Lubarika mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo bishimangira uriya mugambi.

Kanyuka yakomeje avuga ko kuva ku wa 17 kugeza ku wa 18 Nyakanga, uduce twa Mumazi, Kirumba, Masango, Binenge na Kifuni na two twoherejwemo ingabo nyinshi cyane kugira ngo zigabe ibitero mu gace gatuwe n’abaturage benshi ka Kahororo.

Ku wa 18 Nyakanga kandi ngo ihuriro ry’Ingabo za Leta zasenyeye abaturage ndetse zisahura amatungo arenga 150 ahitwa Kawera; ndetse zinakomeretsa bikomeye umwe mu borozi baho witwa Kazehe.

Ihuriro ry’Ingabo za Leta kandi ngo ryoherejwe ahitwa Sima, Boko, Kabumbe na Mukwezi; ibisobanura ko byari mu mugambi wo kugota uduce twa Bijambo n’imidugudu yo muri Kivu y’Amajyepfo ituwe n’Abanyamulenge.

Ingabo za Leta kandi ku wa 21 Nyakanga ngo zagabye ibitero by’uruhurirane mu duce twa Kahororo, Ndengu na Buseke mu Minembwe; mu gihe bucyeye bwaho ibindi bitero byagabwe mu gace ka Ruki ko muri Teritwari ya Masisi no mu nkengero zaho.

Ku wa 23 Nyakanga ihuriro ry’ingabo za Leta bwo ngo zagabye ibitero mu gace gatuwe cyane ka Lukununu ko muri Teritwari ya Lubero, ku wa 25 Nyakanga zongera gutera i Ruki; na ho ku wa 28 Nyakanga zigaba ibitero ku basivile batuye Bitonge.

Ni mu gihe ku wa 29 Nyakanga ibitero byagabwe ku baturage bo mu gace ka Minyanja no mu nkengero zako, ndetse uwo munsi ngo ingabo za Leta ya RDC zarasiye ahitwa Kisekuru ku bilometero 17 uvuye i Kiwandja ikamyo yo mu bwoko bwa Fuso, zica abantu bane.

Ku wa Gatatu tariki ya 30 Nyakanga bwo mu masaha y’urucyerera izi ngabo zagabye ibitero mu gace gatuwe cyane ka Muweto, muri Masisi.

AFC/M23 ivuga ko n’ubwo Kinshasa ikomeje kugaba biriya bitero, yo igitsimbaraye ku ihame ryayo ry’uko ibibazo biri muri RDC bikwiye gukemurwa mu buryo bwa Politiki, hibandwa ku mpamvumuzi y’amakimbirane ari muri iki gihugu.

Yateguje kandi ko igomba gukomeza kurinda abaturage ibitero bya Kinshasa; by’umwihariko ikajya kuzimiriza umuriro ku isoko yawo.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *