Umutwe witwaje intwaro wa M23 wemeye ko wambuwe umujyi wa Kitshanga muri teritwari ya Misisi nyuma y’igihe kitagera ku minsi ibiri yirukanyemo ingabo za Repubulika ya demukarasi ya Congo (RDC) n’imitwe ihuriye muri Wazalendo.
Amakuru y’uko uruhande rwa Leta ya RDC rwafashe Kitshanga yatangiye kuvugwa kuri uyu wa 8 Ukwakira 2023, bigendanye n’uko abarwanyi ba M23 bari baraye baguye mu mutego muri Kilolirwe, bajagabwaho igitero mu ijoro.
Gusa byaje kumenyekana ko aya makuru yari ibihuha, icyakoze n’ubwo byari bimeze bityo, kuri uyu wa 9 Ukwakira M23 yambuwe Kitshanga, nk’uko byemejwe n’umunyamakuru w’Umunyekongo, Justin Kabumba mu masaha abiri ashize.
Umuvugizi wa M23 ku rwego rwa gisirikare, Major Willy Ngoma, mu kanya gashize yatangarije BWIZA ko koko uruhande rwa Leta ya RDC (FARDC, Wazalendo, FDLR n’abacancuro) rwamaze kwisubiza Kitshanga. Ati: “Leta yafashe Kitshanga.”
M23 yari yarafashe Kitshanga muri Mutarama 2023, iyiha ingabo z’u Burundi ziri mu butumwa bwa EAC, na zo ziyishyikiriza uruhande rwa Leta ya RDC mu ntangiriro z’uku kwezi k’Ukwakira. Kuva ubwo hatangiye kubera imirwano, buri ruhande rushaka kuhisubiza.
M23 yaherukaga gufata Kitshanga tariki ya 7 Ukwakira. Ni nyuma y’aho abarwanyi ba Wazalendo bari bagaragaye muri uyu mujyi hagati, babyina intsinzi, bavuga ko bahirukanye umwanzi.


