Umutwe wa M23 kuri uyu wa Gatatu tariki ya 23 Ukwakira, yisubije agace ka Kalembe ko muri Teritwari ya Walikale nyuma y’amasaha make ukambuwe n’ihuriro ry’ingabo za Leta ya Congo Kinshasa.
Ku Cyumweru gishize ni bwo M23 yari yigaruriye aka gace, gusa iza kukamburwa nyuma y’amasaha make.
Amakuru avuga ko kuri uyu wa Gatatu inyeshyamba ziyobowe na Gen Sultani Makenga zongeye kukisubiza, nyuma y’imirwano yazisakiranyije n’ihuriro ry’ingabo za Leta kuva saa kumi n’imwe z’igitondo.
Amakuru y’ifatwa ry’aka gace yanemejwe na Neville Baibonge uyobora Groupement ya Bashali-Mokoto gaherereyemo wavuze ko M23 yakigaruriye mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu.
Uyu yabwiye ikinyamakuru ACTUALITE.CD ati: “Uyu munsi saa 5:00 umwanzi yatangije ibitero kuri VDP (cyangwa Wazalendo) muri Kalembe, ndetse birashoboka ko Kalembe yasubiye mu maboko y’umwanzi mu ma saa 08:00 z’igitondo.”
Yakomeje agira ati: “M23 yongeye kwigarurira Kalembe. Imirwano iracyakomeje, urusaku rw’amasasu ruracyumvikana.”
Baibonge yavuze ko Wazalendo ari yo yonyine ikomeje kurwana na M23, mu gihe FARDC basanzwe bafatanya yibereye i Pinga mu bilometero bibarirwa muri 30.


