M23 yongeye gushinja FARDC n’imitwe ikorana nayo kumisha ibisasu mu baturage

Umutwe wa M23 ukorera muri Repuburika Iharanira Demokarasi ya Congo,urashinja ingabo za FARDC n’abambari bayo barimo FDRL kuwugabaho ibitero ikanamisha ibisasu mu baturage.

ibi byatangajwe n’umuvugizi w’aba barwanyi Lawrence Kanyuka, aho yavuze ko kuva ahagana saa 17h45 zo kuri uyu wa Mbere taliki 15 Mutarama 2024, ingabo zihuriweho n’ubutegetsi bwa Kinshasa, zagabye ibitero mu duce dutuwe cyane turimo Karubaba.

Yagize ati” Kuva saa 17h45 ,Ingabo zihuriweho n’Ubutegetsi bwa Kinshasa cyane FARDC, FDLR, MERCENAIRES, MILICES ningabo z’u BURUNDI NATIONAL DEFENSE FORCES zagabye ibitero mu duce dutuwe cyane harimo na Karubaba no mu nkengero zayo.

Yavuze ko M23 nayo yirwanyeho irengera abaturage b’abasivili.

Nk’uko bigaragara kuri Twitter (X) , Umuvugizi w’uyu Umuvugizi w’uyu mutwe yasabye urubyiruko, abanyapolitiki, n’ingabo zishaka guharanira amahoro, kwiyunga ku ihuriro rya Alliance Fleuve Congo (AFC) rirwanya imikorere n’imigenzereze ya Leta ya Congo.

Ni ihuriro riherutse gushingwa na Coroneille Naanga wahoze ari umuyobozi wa Komisiyo yigenga y’amatora (CENI) muri RDC rigamije gushyira akadomo ku butegetsi bwa Perezida Tshisekedi.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *