Nyuma y’igitero cyagabwe muri Komine ya Mabayi tariki ya 17 Ugushyingo, ab’igitsina gabo barengeje imyaka 16 bari gukorana uburinzi n’abasirikare b’igihugu.
Aba ni abatuye mu duce twa Gasebeyi na Ruhoro duherereye muri iyi komine mu ntara ya Cibitoke. Utu duce kandi twegereye Pariki y’Igihugu ya Kibira ivugwaho guturukamo abahungabanya umutekano w’igihugu.
SOS Media ivuga ko umuturage yayibwiye ko ingabo z’igihugu ndetse n’Imbonerakure za CNDD-FDD ziri kurinda utu duce. Ni itegeko ku muturage urengeje iki kigero kwitabira ubu burinzi, bitaba ibyo akitwa umwanzi w’igihugu.
Umutekano utizewe mu bice bitandukanye by’igihugu nko mu ntara ya Cibitoke na Bubanza, ahegereye Pariki ya Kibira ni wo watumye Ambasade y’Amerika ibuza abakozi bayo kuhagera, ibaha n’amabwiriza yo kugendera mu zindi ntara zihana imbibi na Bujumbura.
Kimwe n’uko amahanga n’abatavuga rumwe n’ubutegetsi basanzwe bavuga, umutekano w’u Burundi ntabwo uhagaze neza kuva mu 2015 ubwo Perezida Nkurunziza yatangaje ko aziyamamariza umwanya w’umukuru w’igihugu ku nshuro ya gatatu. Iki gihugu kivugwamo ihonyora ry’uburenganzira bw’abaturage, ibitero bya hato na hato bituruka ku bantu batazwi n’imitwe irwanya ubutegetsi nka Red Tabara.


