Macron yasabye guhagarika guha Israel intwaro zo gukoresha muri Gaza

Perezida w’u Bufaransa, Emmanuel Macron, yasabye ko guhagarika guha intwaro Israel zo gukoresha muri Gaza .

Yanenze kandi icyemezo cya Minisitiri w’Intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu cyo kugaba igitero ku butaka muri Libani, avuga ko kwirinda ko ibintu bifata intera byari “ibya mbere.”

Yongeyeho ati: “Libani ntishobora guhinduka Gaza nshya.”

Perezida w’u Bufaransa yongeye gushimangira impungenge z’amakimbirane akomeje kubera muri Gaza nubwo hakomeje gusabwa ihagarikwa ry’imirwano.

Avugana na Televiziyo ya Inter yo mu Bufaransa, Perezida Macron yagize ati: “Ntekereza ko tutumvwa.”

Ati: “Ntekereza ko ari amakosa, harimo no ku mutekano wa Israel”.

Yakomeje ashimangira ko amakimbirane arimo kugana aho azavamo “urwango.”

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *