Ingabo zo mu mutwe w’indashyikirwa uzwi nka CAPSAT zafashije Perezida Andry Rajoelina gufata ubutegetsi mu ihirikwa ry’ubutegetsi ryo mu 2009 basabye abasirikare bagenzi babo kutumvira amabwiriza no gushyigikira imyigaragambyo iyobowe n’urubyiruko, yatangiye ku itariki ya 25 Nzeri kandi ikaba ari ikibazo gikomeye ku butegetsi bwa Rajoelina kuva yatorwa mu 2023.
Kuri iki Cyumweru, Reuters yabonye abantu batatu bakomeretse nyuma y’uko amasasu arashwe mu muhanda ujya mu kigo cya CAPSAT. Abandi batangabuhamya bavuze ko nta kimenyetso cyerekana imirwano.
Iyi myigaragambyo, urubyiruko rwa Madagascar rwatangije rugendeye ku yakozwe n’urubyiruko rwo muri Kenya na Nepal, yatangiye kubera ikibazo cy’amazi n’amashanyarazi ariko kuva icyo gihe yafashe intera, abigaragambya basaba Rajoelina kuva ku butegetsi, agasaba imbabazi ku ihohoterwa ryakorewe abigaragambyaga, kandi agasesa Sena na komisiyo y’amatora.
Umuryango w’Abibumbye uvuga ko byibuze abantu 22 bishwe abandi 100 bagakomereka muri izo mvururu kuva muri Nzeri. Guverinoma ya Madagascar yavuguruje iyo mibare, Rajoelina avuga muri uku kwezi ko abantu 12 baguye ari bo baguye mu myigaragambyo.
Ibiro bya Rajoelina mu itangazo ryashyizwe ku rubuga nkoranyambaga rwa perezidansi, byavuze ko byamaganye byimazeyo kugerageza guhungabanya umutekano mu gihugu ndetse binasaba ingabo zose “guhuriza hamwe mu kurengera umutekano w’itegeko nshinga n’ubusugire bw’igihugu.” Byashishikarije ibiganiro kugira ngo ikibazo gikemuke.


