Zimwe mu mpunzi z’Abarundi zicumbikiwe mu nkambi ya Mahama iherereye mu karere ka Kirehe, ziravuga ko zashyizwe ku rutonde rw’impunzi zifuje gutahuka mu gihugu cyazo zitabimenyeshejwe, zigasaba kurukurwaho.
Ku wa 26 Nyakanga ni bwo hasohotse urutonde rw’impunzi z’Abarundi zirenga 300 zandikiye Perezida Evariste Ndayishimiye, zimusaba kuganira na Leta y’u Rwanda ndetse n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku mpunzi, UNHCR, kugira ngo bazifashe gutaha mu gihugu cyazo.
Impunzi zagaragaje ko igihe kigeze ngo zisubire iwabo, ngo kuko Manda ya gatatu zari zarahunze yarangiye.
Urwandiko rwandikiwe Perezida Ndayishimiye ruriho imikono 331 y’impunzi zasabye gutaha, gusa bamwe mu bashyizwe kuri urwo rutonde bavuga ko batazi igihe barushyiriweho.
Umugore umwe utatangajwe amazina, Ijwi rya Amerika ko yashyizwe kuri ruriya rutonde we n’abana be umunani batabizi, akemeza ko nta muntu n’umwe wigeze abagisha inama yo gusubira iwabo.
Ati: “Sitati yanjye igizwe n’imibare 00000 157 558. Kuri uru rutonde rw’abarenga 300, ndi ku mwanya wa 164. Kuva ku mwanya wa 164 kugeza ku wa 172 abahari bose ni abo mu muryango wanjye. Nta n’umwe muri twe wigeze agira icyo abazwa. Ntacyo tuzi kuri uru rutonde rw’abifuza gutaha. Ntabwo ndi kwihutira gutaha kubera ko umutungo mfite ari abana banjye turi kumwe hano mu nkambi. Na ho ubundi nibagiwe ibindi nari ntunze i Burundi, tuzatahuka ari uko amahoro yagarutse.”
Uwitwa Kangabire Jacqueline ufite abana barindwi, na we yemeza ko yisanze ku rutonde rw’impunzi zifuza gutaha, gusa akemeza ko mu bakoze urwo rutonde nta muntu n’umwe azi.
Ati: “Namenye ko izina ryanjye riri ku rutonde rwabashaka gutahuka. Nta muntu n’umwe nzi mu bantu bakoze uru rutonde. Ndibaza uburyo bavuze izina ryanjye gusa. Iyo nza kuba mu bashaka gutaha, sinashoboraga kwiyandikisha njyenyine, nsize abana banjye.”
Amakuru avuga ko abantu batanu ari bo bamaze kugaragaza ko bashyizwe ku rutonde rwa ziriya mpunzi zifuza gutaha batabizi, gusa bikanavugwa ko hari n’abarushyizweho nyamara bamaze igihe barapfuye.
Abenshi mu mpunzi z’Abarundi nta bushake bwo gutahuka mu gihugu cyabo bafite, kubera impungenge bafite z’uko bashobora kugirirwa nabi n’ubutegetsi buriho mu gihe baba bageze i Burundi.
Ni ibishimangirwa na Marguerite Barankitse, impirimbanyi y’uburenganzira bwa muntu i Burundi wasabye impunzi kudatahuka, ngo kuko icyo zahunze kigihari.
Ati: “Ese ko badusaba gutaha, bafunguye barya bantu 9000 bafunzwe? Bafashe abicanyi bari mu nzego za Leta? Mubona hari amahoro ku buryo umuntu yaryama agasinzira?…Ikitubuza kugenda ni uko nta mahoro.”
Mu bicanyi bari muri Leta Baranketse unayobora ikigo Maison Shalom cyita ku mfubyi yashyize mu majwi, harimo na Allain Guillaume Bunyoni, Minisitiri w’Intebe mu Burundi.
Perezida w’u Burundi, Evariste Ndayishimiye aheruka gushinja Leta y’u Rwanda gufata bugwate impunzi z’Abarundi zifuza gutaha, gusa Leta y’u Rwanda yo yatangaje ko yiteguye gufasha impunzi zose zifuza gusubira mu bihugu byazo, ibivuguruza ibyatangajwe na Perezida Ndayishimiye.


