Maj. Gen. James Birungi wahoze ari umuyobozi w’urwego rushinzwe ubutasi bwa gisirikare muri Uganda (CMI), yatawe muri yombi.
ChimpReports iravuga ko uyu musirikare afungiye muri gereza ya Polisi ya Gisirikare mu kigo cya gisirikare cya Makindye.
Byitezwe ko agomba kugezwa imbere y’ubutabera ngo yisobanure ku byaha bikomeye acyekwaho birimo kugambanira igihugu, ruswa n’ibindi.
Birungi yatawe muri yombi nyuma y’iperereza ryakozwe n’urwego rwari ruyobowe n’Umugaba Mukuru wungirije w’Ingabo za Uganda, Lt. Gen Sam Okiding ku bikorwa by’ubutasi byahimbwe ndetse n’indi myitwarire mibi muri UPDF.
Amakuru avuga ko Maj. Gen James Birungi yatangiye kujya mu bibazo ubwo yasimburwaga na Brig. Gen Otto Richard Otto.
Uyu ubwo yagirwaga umukuru w’ubutasi bwa Uganda mu ntangiriro z’uyu mwaka, ni we watangije isuzuma ryasize hatahuwe amakosa yagiye akorwa na Birungi n’abantu bo hafi ye.
Usibye uriya Jenerali, abandi batawe muri yombi barimo Colonel Peter Ahimbisibwe wahoze akuriye ishami rishinzwe kurwanya iterabwoba muri CMI na Lt. Col Ephraim Byaruhanga ukuriye ibikorwa byihariye.
Aba basirikare uko ari batatu bashinjwa kuba ari bo bayoboye ibikorwa bivugwa ko byasize hahimbwe amakuru y’ubutasi atari yo, hanasesagurwa amafaranga y’igisirikare.
Muri ayo makuru harimo ayahawe Perezida Yoweri Kaguta Museveni muri 2023 watangaje ko ingabo za Uganda ziciye muri RDC, Meddie Nkalubo ukuriye umutwe w’iterabwoba wa ADF, kandi atarigeze yicwa.


