Mali: Dosiye y’indege y’uwahoze ari perezida n’ibikoresho bya gisirikare yongeye kuburwa

Muri Mali, ikibazo cy’indege ya perezida n’amasezerano y’ibikoresho bya gisirikare, byari byaryamishijwe mu 2018, byongeye kubyutswa. Abaminisitiri, abajyanama ba perezida n’abacuruzi bari mu bari gukurikiranwa.

“Iperereza ry’inyongera ryarakozwe, kandi abaminisitiri bagombaga kumvwa barumvishijwe” nk’uko byatangajwe kuri televiziyo y’igihugu n’umushinjacyaha mukuru w’Urukiko rw’Ikirenga, Mamadou Timbo nk’uko iyi nkuru dukesha RFI ikomeza ivuga.

Muri iyi dosiye yo guhera mu 2014, abaminisitiri, abajyanama ba perezida n’abacuruzi bagiye babazwa n’abashinzwe iperereza, barimo Soumeylou Boubeye Maïga, wari Minisitiri w’ingabo, icyo gihe.

Ku butegetsi bwa Ibrahim Boubacar Keita, igurwa ry’indege ya perezida ryatwaye hafi miliyari 20 FCFA n’amasezerano ya miliyari mirongo ya FCFA, yashyizweho umukono na guverinoma yo kugura ibikoresho bya gisirikare, ni bimwe mu bintu bitavuzweho rumwe.

Muri icyo gihe, raporo zatanzwe n’Urukiko n’Umugenzuzi Mukuru w’Imari ya Leta zagaragaje ko hari byinshi bidasobanutse byabaye. Iyi dosiye ariko yashyinguwe mu kabati mu 2018 ariko yongeye gusubira mu maboko y’abacamanza.

Umushinjacyaha Mukuru w’urukiko rw’Ikirenga yanavuze ko Urukiko Rukuru rw’Ubutabera rwakagombye kuburanisha uwahoze ari perezida cyangwa abahoze muri guverinoma kuri ubu rutari gukora kubera ko igihugu kiri mu nzibacyuho, akaba ari muri urwo rwego urubanza ruzabera mu rukiko ruburanisha ibyaha bikomeye cyangwa “cour d’assises” mu Gifaransa.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *