485682246_122116427456756789_9191864748905481253_n

Mama Mukura arembeye mu bitaro bya CHUB

Mukanemeye Madeleine, uzwi nka Mama Mukura, umufana ukomeye wa Mukura Victory Sports na Amavubi, arwariye mu Bitaro bya Kaminuza bya Butare (CHUB).

Uyu mukecuru w’imyaka 103 wari usanzwe arwariye mu Bitaro bya Kabutare mu Karere ka Huye, yoherejwe ku bitaro bya CHUB kugira ngo yitabweho n’abaganga nk’uko byatangajwe na Mukura VS binyuze ku mbuga nkoranyambaga.

Mukanemeye ni umwe mu bafana ba ruhago bazwi cyane mu Rwanda, akaba yarakunze Mukura VS kuva mu 1963 ubwo yashingwaga. Ni umufana utajya asiba imikino y’iyi kipe ndetse anakurikirana amakuru y’Ikipe y’Igihugu Amavubi binyuze kuri radiyo.

Uyu mukecuru yavukiye mu Murenge wa Save mu Karere ka Gisagara mu 1922, akaba yarakuriye mu muryango w’abana umunani. Yatangiye gukunda umupira akiri muto, ajya kureba imikino y’abahungu ndetse rimwe na rimwe agakinana na bo. Mu buto bwe, yabonye n’imikino y’umupira w’amaguru yitabiriwe n’Umwami Mutara III Rudahigwa.

Ubuyobozi bwa Mukura VS bwemeje ko bugiye gukurikirana ubuzima bwa Mama Mukura nk’umwe mu bafana bayo b’ibihe byose.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *