Ikipe ya Manchester City yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions league, nyuma yo kunyagira Real Madrid ibitego 4-0 ikayisezerera ku giteranyo cy’ibitego 5-1.
Iyi kipe y’umutoza Pep Guardiola yari yakiriye Real Madrid ya Carlo Ancelotti, mu mukino wo kwishyura wa ½ cy’irangiza wabereye kuri Etihad Stadium.
Ni nyuma y’ubanza wabereye i Santiago Bernabeu amakipe yombi yari yaguyemo miswi igitego 1-1 mu cyumweru gishize.
Man City yari igitegereje kwihimura kuri Real Madrid mu mwaka ushize yari yayisezereye muri Champions league ku bisa n’amaherere.
Iyi kipe y’umutoza Guardiola yatangiye umukino yataka cyane, ku buryo iminota 15 ya mbere y’umukino yarangiye Real Madrid ikoze ku mupira incuro mbarwa.
Byasabye umunota wa 23 w’umukino ngo Bernardo Silva afungurire amazamu Man City, ku mupira yaherewe mu rubuga rw’amahina na Kevin De Bruyne mbere yo kohereza ishoti riremereye mu izamu rya Thibaut Courtois n’akaguru k’imoso.
Ni Courtois wari umaze korokora Real Madrid ubugira kabiri akuramo imipira ibiri rutahizamu Erling Haaland yateye mu izamu n’umutwe.
Igitego cya Bernardo Silva kandi cyaje gikurikira ubundi buryo bubiri De Bruyne na Rodri Hernà¡ndez bari babonye gusa bagatera umupira hanze y’izamu.
Manchester City yarushaga Real Madrid mu mpande zose z’ikibuga yatsinze igitego cya kabiri ku munota wa 37 w’umukino nanone ibifashijwemo na Bernardo Silva.
Hari ku mupira ba myugariro ba Real Madrid bashatse gukiza ku izamu ryabo, mbere yo kugarukira uyu munya-Portugal wahise awusonga mu izamu n’umutwe.
Igikomeye Real Madrid yakoze mu gice cya mbere ni ishoti riremereye Toni Kroos yatereye hanze y’urubuga rw’amahina, gusa umupira ugonga umutambiko w’izamu.
Igice cya kabiri cy’umukino cyaranzwe nanone no kurema uburyo bw’ibitego ku ruhande rwa Manchester City yashakaga kongera umubare w’ibyo yari yatsinze, ndetse no kunanirwa guhuza umukino ku ruhande rwa Real Madrid.
Umutoza Carlo Ancelotti yakoze impinduka nyinshi zasize yinjije mu kibuga abarimo Dani Ceballos, Marco Asensio, Aurélien Tchouameni na Lucas Vasquez batagize icyo bamufasha.
Manchester City yatsinze igitego cya gatatu ku munota wa 76 ibifashijwemo na myugariro Eder Miltà£o witsinze igitego nyuma ya Coup-Franc yari itewe na De Bruyne, mbere y’uko Julian Alvarez atsinda agashinguracumu ku mupira yari ahawe na Phil Phoden; nyuma y’iminota ibiri asimbuye Haaland.
Uyu Haaland yashoboraga kunyeganyeza incundura ku munota wa 72 ubwo Ilkay Gà¼ndogan yamuhaga umupira mwiza n’agatsitsino, awuteye birangira Thibaut Courtois bari basigaranye awukujemo ikirenge ujya hanze y’izamu.
Manchester City izahurira ku mukino wa nyuma wa Champions league na Inter Milan yo mu Butaliyani yawuhezeho isezereye AC Milan ku giteranyo cy’ibitego 3-0.
Ni ku nshuro ya kabiri iriya kipe y’i Manchester igiye gukina umukino wa nyuma wa UEFA Champions league, nyuma yo kuwugeraho muri 2021 igatsindwa na Chelsea igitego 1-0.


