Manchester City yamaze kuva mu rugamba rwo gusinyisha Declan Rice, iharira Arsenal bari bari bamuhanganiye.
Man City yavuye mu rugamba rwo gusinyisha Rice usanzwe ari Kapiteni wa West Ham United, nyuma y’uko Arsenal yemeye kumutangaho miliyoni 100 z’ama-Pounds zigomba kwiyongeraho £ miliyoni 5 z’ama adds-on.
Daily Mail yanditse ko Man City nta bushake ifite bwo kugeza kuri ariya mafaranga Arsenal iri gutanga kuri uriya Mwongereza ukina hagati mu kibuga.
Iki gitangazamakuru cyunzemo ko Rice ubwe yisabiye West Ham kwemera amafaranga ya Arsenal, ibisobanura ko iyi kipe y’umutoza Mikel Arteta ari yo ifite amahirwe menshi yo kumwegukana.
Ni Arsenal by’umwihariko kuri ubu iri kwiyumvamo kuba yamaze kumvina na West Ham bitarenze kuri uyu wa Gatatu.
Bivugwa ko mu gihe aya makipe yombi y’i Londres yaba yumvikanye, Arsenal yazishyura ariya mafaranga mu byiciro.
Arsenal irakoza imitwe y’intoki kuri Declan Rice, mu gihe yanamaze kumvikana na Chelsea kuri deal ya Kai Havertz.
Uyu musore w’Umudage byitezwe ko atangazwa nk’umukinnyi wayo kuri uyu wa Gatatu, byitezwe ko The Gunners imutangaho miliyoni 65 z’ama-Pounds.


