Mangwende yafashije FAR Rabat kwegukana igikombe cya shampiyona yaherukaga mu myaka 15

Ikipe ya AS FAR ikinamo Umunyarwanda Imanishimwe Emmanuel ‘Mangwende’, yaraye yegukanye Igikombe cya shampiyona ya Maroc nyuma yo gutsinda bigoranye Ittihad Tanger ibitego 3-2.

Hari mu mukino w’umunsi wa nyuma wa shampiyona ya Maroc (Botola Pro 1) Mangwende na bagenzi be bari basuye iriya kipe kuri Grand Stade de Tanger.

FAR Rabat yaherukaga Igikombe cya shampiyona ya Maroc muri 2008, yasabwaga gutsinda uyu mukino ku kabi n’akeza bitaba ibyo igikombe cyikegukanwa na Wydad Casablanca bari bagihanganiye.

Byasabye Penaliti yo mu minota y’inyongera ya Reda Slim kugira ngo iyi kipe y’Ingabo za Maroc yegukane Igikombe cya shampiyona yaherukaga mu myaka 15 ishize.

Uyu musore ni we wari wanafunguriye amazamu AS FAR ku gitego cya Penaliti yatsinze ku munota wa munani w’umukino, mbere y’uko Sofiane El Moudane acyishyura nyuma y’iminota 10.

Ni igitego uyu rutahizamu na we yatsinze kuri penaliti, mbere y’uko igice cya mbere cy’umukino kirangira amakipe yombi anganya igitego 1-1.

FAR Rabat yongeye kuyobora umukino ku munota wa 48 ibifashijwemo na Ahmed Hammoudan, gusa Ittihad Tanger icyishyura ku munota wa 75 biciye kuri Mohsine Moutaouali.

Mu gihe umukino waburaga iminota 15 ngo urangire, icyizere cyari cyose ku bafana ba Wydad Casablanca bari bizeye Igikombe cya shampiyona bijyanye no kuba ikipe yabo yari yamaze gutsinda MAS de Fès ibitego 2-0.

Iki cyizere cyaje kuraza amasinde ku munota wa 90+2 ubwo Reda Slim yatsindiraga FAR Rabat igitego cy’intsinzi.

FAR Rabat yegukanaga Igikombe cya shampiyona cya 13 mu mateka yayo, yasoje shampiyona ifite amanota 67; irusha inota rimwe Wydad Casablanca ya kabiri.

Ibi bisobanuye ko mu mwaka utaha w’imikino iyi kipe izahagararira Maroc muri CAF Champions league.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *