Me Gisagara yanenze urukiko rwanzuye kutaburanisha Kabuga

Impuguke mu mategeko mpuzamahanga, Me Richard Gisagara, yanenze urukiko rwanzuye kutaburanisha Félicien Kabuga ushinjwa kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Mu kiganiro yagiranye n’urwego rw’igihugu rw’itangazamakuru, Me Gisagara yavuze ko kuba Kabuga atazongera kwitabira urubanza bisobanuye ko ubutabera budatanzwe.

Ati: “Birababaje kubona birengagije igihe byatwaye kugirango afatwe, bakirengagiza amafaranga yakoreshejwe kugira ngo bamufate, ntibamufatire ku gihe ngo babashe no kumuburanishiriza igihe. Ikigaragara cyo, ubutabera ntabwo butanzwe na gatoya, kandi byose ni ukubera kuzarira kw’inkiko zagombaga kumuburanisha.”

Yakomeje ati: “Yego kumufata byaratinze, ariko nibura yagombaga kuburanisha kugeza urubanza rupfundikiwe, hanyuma abakorewe ibyaha bakumva ko bahawe ubutabera. Kuba urubanza rudakomeje ubwo nyine nta butabera butanzwe.”

Me Gisagara abajijwe n’umunyamakuru niba urubanza rwa Kabuga rwarangirira aha cyangwa niba ubushinjacyaha bushobora kujuririra iki cyemezo, yagize ati: ”Kujurira igihe cyose birashoboka, ariko niba raporo y’abaganga ari uko nguko ivuga, ko adashoboye kuburana, n’iyo bajurira urukiko rwo hejuru rushobora kutabihindura. Kuko niba ari rwo rwashyizeho abaganga, rukabasaba yuko bakora iyo raporo, bakaba baragaraje muri raporo ko bitashoboka ko Kabuga yakomeza kuburanishwa, biragoye ko ubujurire hari icyo bwahindura.”

Kabuga Felicien ashinjwa kugira uruhare mu Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, atera inkunga y’ibikoresho n’amafaranga byakoreshejwe mu gushyira mu bikorwa Jenoside, ndtetse akaba yari n’umwe mu banyamigabane ba radiyo ya RTLM yagize uruhare mu kubiba urwango n’amacakubiri mu Banyarwanda mbere no mu gihe cya Jenoside.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *