Ikipe ya Rayon Sports yamaze gusinyisha Mushimiyimana Mohamed bita Meddy, aba umukinnyi wa mbere iyi kipe isinyishije muri iyi mpeshyi.
Uyu musore ukina hagati mu kibuga ariko akaba anafite ubushobozi bwo gukina mu mutima w’ubwugarizi, yasinyiye Rayon Sports amasezerano y’imyaka ibiri.
Ni nyuma y’ibiganiro impande zombi zari zimazemo iminsi.
Rayon Sports yifuzaga guha uyu mukinnyi Recruitment ya Frw miliyoni 8 we akayica Frw miliyoni 10, gusa bikaba byarangiye impande zombi zumvikanye.
Meddy yari umukinnyi wa APR FC kuva mu mpeshyi ya 2019, nyuma yo kuyigeramo avuye mu kipe ya Police FC.
Uretse uyu mukinnyi, amakuru avuga ko Rayon Sports iri no mu biganiro na Niyonzima Olivier ‘Seif’ uheruka kwirukanwa na APR FC.


