Igihugu cya Indonesia giherereye ku mugabane wa Aziya, ni cyo kiza ku isonga mu bihugu bifite abayoboke b’idini ya Islam benshi kurusha ibindi ku Isi.
Imbuga nka Wikipedia, supportmuslimpro.com n’izindi zitandukanye, zivuga ko 87% by’abaturage ba Indonesia ari Abayisilamu, zikavuga ko kiriya gihugu gituwe n’ababarirwa muri miliyoni 222.
2. Pakistan
Igihugu cya Pakistan na cyo cyo ku mugabane wa Aziya, gituwe n’abaturage barenga miliyoni 200, barimo Abayisilamu bangana na 95%.
3. Ubuhinde
Ubuhinde buza ku mwanya wa kabiri mu bihugu bituwe cyane ku mugabane wa Aziya (nyuma y’Ubushinwa bwa mbere ku Isi), aho butuwe n’abarenga miliyari imwe.
15% by’Abahinde bangana na miliyoni 183 ni abayoboke ba Islam, ibishyira iki gihugu ku mwanya wa gatatu ku Isi.
4. Bangladesh
Bangladesh na yo iherereye ku mugabane wa Aziya, yo ituwe n’Abayisilamu babarirwa muri miliyoni 149 bayishyira ku mwanya wa gatanu.
5. Nigeria
Igihugu cya Nigeria gituwe n’abarenga miliyoni 206, muri bo hakaba harimo Abayisilamu babarirwa muri miliyoni 89.
6. Misiri
Igihugu cya Misiri kiza ku mwanya wa gatatu mu bihugu bituwe cyane muri Afurika, aho ituwe n’abarenga miliyoni 102.
Iri nyuma ya Nigeria ituwe n’abarenga miliyoni 206 na Ethiopia y’abarenga miliyoni 114. Abanya-Misiri barenga miliyoni 82 ni Abayisilamu.
7. Turkiya
Mu busanzwe Turkiya ifatwa nk’igihugu cyo mu Burasirazuba bwo hagati, gusa ibarizwa ku mugabane w’Uburayi.
Turkiya ituwe n’Abayisilamu babarirwa muri miliyoni 79 bayishyira ku mwanya wa karindwi ku Isi.
8. Iran
Urubuga rwa Wikipedia rwerekana ko Iran ituwe n’Abayisamu babarirwa muri miliyoni 78, mu baturage bakabakaba miliyoni 84 batuye kiriya gihugu.
9. Algeria
Algeria ibarizwa mu majyaruguru y’umugabane wa Afurika, iri mu bihugu bituwe cyane muri Afurika.
Iki gihugu gituwe n’Abayisamu babarirwa muri miliyoni 40 bagishyira ku mwanya wa 09.
10. Sudani
Igihugu cya Sudani cya 10 gituwe n’Abayisilamu babarirwa muri miliyoni 39.


