Mike Sonko yasuzuguye abaparakomando ba Uganda

Mike Sonko wayoboye Nairobi yahaye urwamenyo abaparakomando ba Uganda

Mike Sonko wabaye Guverineri w’intara ya Nairobi muri Kenya yahaye urwamenyo abaparakomando ba Uganda bakoze imyiyerekano mu birori byo kwizihiza umunsi w’ubwigenge.

Muri ibi birori byabereye i Kampala tariki ya 9 Ukwakira 2022, aba baparakomando bagaragaye bagendera mu mitaka, ariko bamwe muri bo ntibyabagendekeye neza kuko bakoze impanuka, bagwa aho batateganyije.

Byatumye Sonko yibutsa Abanyakenya ko umuhungu wa Perezida wa Uganda, General Muhoozi Kainerugaba, yari aherutse gutangaza ko we n’abasirikare be bafata Nairobi mu gihe kitageze ku byumweru bibiri.

Uyu munyapolitiki kuri uyu wa 10 Ukwakira yashyize kuri Twitter videwo y’umunota n’amasegonda atatu igaragaza aba baparakomando bakora impanuka, yibaza niba ari bo Gen. Kainerugaba yavugaga ko bafata Nairobi mu gihe gito.

Sonko yagize ati: “Aba ni abaparakomando ba Uganda. Ni bo bashaka gufata Nairobi mu cyumweru? Aho guparika hagati mu kibuga, baparika hejuru y’amabati ya sitade no ku rubuga rw’abaturage.”

Ariko Gen. Kainerugaba we yari aherutse gushyira hanze amafoto y’aba baparakomando bari mu kirere, atangaza ko atewe ishema na bo. Ati: “Ntewe ishema birenze urugero n’abantu bacu (UPDF/SFC) ku bwo kugera ku ntego. Kugendera hejuru y’umujyi wa Kampala ku munsi wo kwizihiza ubwigenge ku nshuro ya 60. Harakabaho UPDF! Umunsi mwiza w’ubwigenge!”

Ubutumwa bwa Gen. Kainerugaba bw’uko yafata Nairobi bwakuruye umwuka mubi hagati y’Abanyakenya n’abanya-Uganda, buteza impaka ku mbuga nkoranyambaga, ndetse bwatumye guverinoma ya Uganda yisobanura.

Uyu musirikare na we yaje kwamburwa inshingano y’Umugaba w’ingabo zirwanira ku butaka kubera ubu butumwa, asimburwa na Lt Gen. Kayanja Muhanga.

Mike Sonko yasuzuguye abaparakomando ba Uganda
Mike Sonko yasuzuguye abaparakomando ba Uganda

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *