Minembwe: Imitwe yitwaje intwaro yahuje imbaraga

Ingabo za Repubulika ya Demukarasi ya Congo kuri uyu wa 12 Nyakanga 2021 zatangaje ko mu misozi ya Minembwe muri Teritwari ya Fizi mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo havutse ihuriro ry’imitwe yitwaje intwaro.

Umuvugizi w’izi ngabo, Gen. Maj. Léon-Richard Kasonga mu itangazo yashyizeho umukono uyu munsi, yavuze ko iri huriro ryitwa MFRD (Mouvement Féderal pour la Révolution et la Democratie).

MFRD ngo igizwe n’imitwe yitwaje intwaro irimo: uwo yise Makanika, Twigwaneho, Gumino na Android, yifatanya na RED Tabara na FNL ikomoka mu Burundi.

Uyu Muvugizi yavuze kandi ko MFRD igaba ibitero ku baturage no birindiro by’ingabo za Leta, ikica. Yatanze urugero rw’uko mu minsi itanu, abarwanyi ba MFRD bishe abantu batatu, yiba intwaro n’ibikoresho by’itumanaho ingabo zifashisha mu kazi kazo.

Tariki ya 10 n’iya 11 Nyakanga, Gen. Kasonga yatangaje ko abarwanyi ba MFRD bagerageje kugaba igitero kuri Burigade ya 12 ishinzwe gukora ubutabazi bwihuse, ariko ingabo za Leta zibasubiza inyuma. Ati: “Minembwe iri mu maboko y’ingabo z’igihugu.”

Gen. Kasonga yanzuye avuga ko ingabo za Leta zigiye gukora operasiyo ikomeye kuri iri huriro, igamije kuyirandura muri Minembwe, kubera ko ari ikibazo ku mutekano w’abahatuye.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *