Minisiteri y’Ubuzima yashyizeho ibiciro byo kwipimisha coronavirus ku bakora ingendo zijya mu mahanga

Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko yamaze kugena ahantu n’amafaranga abifuza kujya mu mahanga bavuye mu Rwanda bazajya bishyura, kugirango basuzumwe coronavirus mbere y’uko bafata urugendo.

Ibi Minisitiri w’Ubuzima yabivugiye mu kiganiro yagiranye n’Itangazamakuru, asobanura ko ahantu ibipimo bizajya bifatirwa ndetse n’amafaranga abapimwa bazishyura byamaze kwemezwa. Yagize ati ” Abifuza gukora ingendo zijya mu mahanga bazajya babanza basuzumwe. Abakeneye iyo serivisi bazajya bapimirwa muri raboratwari y’igihugu iri imbere ya Serena Hotel, abanyarwanda bazajya bishyura Rwf 50.000 n’aho abanyamahanga bishyure $100″.

Yakomeje avuga ko iyi raboratwari ari na yo izajya yifashishwa mu gupima coronavirus ku bantu baturutse mu bihugu by’amahanga baza mu Rwanda.

Minisitiri Dr Ngamije yanakomoje ku ngengo y’imari yagenewe kurwanya icyorezo cya covid-19, aho muri miliyoni $73 zagenewe gukoreshwa mu mezi atandatu, miliyoni $60 zimaze gukoreshwa mumezi ane gusa.

U Rwanda rwakoresheje amafaranga menshi mu kurwanya icyorezo cya coronavirus aho amenshi yagendeye mu kwishyura amacumbi y’abari mu kato, ubuvuzi bw’abasanganywe coronavirus n’ibigendanye nabwo ndetse n’ayashowe mu bikorwa byo gukomeza kunoza ingamba zo kwirinda no gukumira icyorezo.

Biteganyijwe ko ubu buryo bwo gupima coronavirus ku bantu bari mu Rwanda bifuza kujya mu mahanga, buzatangazwa vuba mu rwego rwo kutadindiza ingendo.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *