capturelkjui.jpg

Minisitiri Dr Ngirente yitabiriye irahira rya Perezida Rajoelina

Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda yageze i Antananarivo mu Murwa Mukuru wa Madagascar aho agiye kwitabira umuhango wo kurahira kwa Perezida Andry Nirina Rajoelina uherutse gutorerwa kuyobora iki gihugu.Ni umuhango uzaba kuri uyu wa Gatandatu tariki 16 Ukuboza 2023.

Ni umuhango Minisitiri yitabiriye muri iki gihugu nyuma y’uko Nirina Rajoelina aherutse gutorerwa kuyobora iki gihugu.Dr Ngirente ubwo yageraga mu murwa mukuru Antananarivo yakiriwe na Mugenzi we Minisitiri w’Intebe w’iki gihugu Christian Ntsay.

Minisitiri Ngirente yitabiriye uyu muhango nyuma y’uko mu kwezi kwa Gashyantare 2019 U Rwanda na Madagascar byasinyanye amasezerano y’ubufatanye hagati y’ibigo by’iterambere ku mpande zombi

Ni amasezerano agamije ishoramari ku mpande zombi ndetse no gusangira ubunararibonye bugamije kubaka ubushobozi n’ubunyamwuga muri ibi bigo byombi.

Perezida wa Madagascar Andry Rajoelina muri uyu mwaka yagiriye uruzinduko mu Rwanda rukurikira urwo Perezida Paul Kagame, yagiriye muri Madagascar mu kwezi kwa 6 muri 2019.Icyo gihe yari yitabiriye ibirori byo kwizihiza isabukuru y’ubwigenge bwa Madagascar, isabukuru yari yizihijwe ku nshuro ya 59.
capturelkjui.jpg

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *