Polisi yo mu Budage yataye muri yombi abantu 25 ibakekaho umugambi wo guhirika ubutegetsi bwa Perezida Frank-Walter Steinmeier.
Nk’uko BBC News ibivuga, aba bantu barimo abarwanya ubu butegetsi n’abahoze ari abasirikare bafatiwe mu mukwabu wakorewe muri Leta 11 muri 16 zigize iki gihugu, bategura uyu mugambi.
Mu hantu hakorewe umukwabu nk’uko ikinyamakuru Der Spiegel cyo mu Budage kibisobanura, harimo no ku birindiro by’ingabo kabuhariwe z’iki gihugu biri mu karere ka Calw, muri Leta ya Baden Württemberg.
Iri tsinda bikekwa ko riyobowe n’umugabo w’imyaka 71 wiyise ‘igikomangoma’ Heinrich XIII ngo ryari rifite gahunda yo gutera ingoro y’Inteko ishinga amategeko y’igihugu, hanyuma rigatangaza ko rifashe ubutegetsi.
Amakuru yavuye mu iperereza avuga ko mu bagize iri tsinda harimo abo mu mutwe w’abahezanguni uzwi nka Reichsbürger uharanira ko u Budage bwakongera kuba ubwami, mu mwanya wa Repubulika.
Aya makuru avuga ko kandi Heinrich XIII yaba yagerageje kuvugana n’abayobozi bo mu Burusiya, abafasha kuzamufasha gushyira igihugu ku murongo mu gihe yaba amaze kujya ku butegetsi, gusa ngo ntibiramenyekana niba baramusubije.
Ibiro by’Umushinjacyaha Mukuru w’u Budage byasobanuye ko iri tsinda ryari mu myiteguro yo guhirika ubutegetsi bw’igihugu kuva mu Gushyingo 2021. Haracyashakishwa n’abandi barigize kugira ngo bagezwe mu butabera.


