GzrNhBGaMAAzkyh

Mu Rwanda hatangiye kubakwa ikiyaga cy’igihangano kizava i Kigali kikagera muri Vunga

Mu Rwanda hatangiye kubakwa ikiyaga cy’igihangano kizaba gikubye kabiri Ikiyaga cya Muhazi kizaturuka i Kigali kikagera mu Ntara y’Iburengerazuba.

Aya makuru yashyizwe ahagaragara kuri iki Cyumweru, itariki 31 Kanama 2025, na Ambasaderi Jean de Dieu Uwihanganye, Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’ibikorwaremezo abinyujije ku rubuga nkoranyambaga rwa X.

Amb. Uwihanganye yanditse ati: “Amakuru meza yo ku cyumweru! Vuba, hazubakwa ikiyaga cyikubye kabiri Ikiyaga cya Muhazi, mu minota 20 gusa uvuye i Nyabugogo!”

Umunyamabanga Muri Minisiteri y’Ibikorwaremezo yakomeje avuga ko Urugomero rwa Nyabarongo kuri ubu rugeze mu cya kabiri rwubakwa bikaba biteganijwe ko ruzatangira gukora mu 2028 rukazatanga MW 40 z’amashanyarazi.

Iki kiyaga kizaba ikigega cy’amazi angana na metero kibe miliyoni 800 (kikazaba ikigega cya kane kinini mu Rwanda nyuma ya Kivu na Burera, kandi kingana na Ruhondo.

Amb. Uwihanganye avuga ko iki kiyaga gishya kizaba kireshya na kilometero 67 kizagera muri Vunga, kandi kitezweho guhindura imiterere ya Nyarugenge, Rulindo, Gakenke, Muhanga, Kamonyi, Nyabihu, Ngororero, na Musanze!

 

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *