GridArt_20250529_100157486

Mukwege yashimangiye ko Kabila akoreshwa n’u Rwanda 

Umuganga akanaba n’umunyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Dr. Denis Mukwege, yashimangiye ibyo leta y’i Kinshasa ivuga by’uko Joseph Kabila Kabange yaba akoreshwa n’u Rwanda.

Kabila wayoboye RDC hagati ya 2001 na 2019, amaze igihe ashinjwa n’ubutegetsi bw’i Kinshasa kuba akorana n’umutwe wa M23 buvuga ko ushyigikiwe n’u Rwanda.

Ni ibirego byafashe indi ntera ubwo mu minsi ishize uyu mugabo yatangazaga ko ateganya kwerekeza mu duce two mu burasirazuba bwa RDC tugenzurwa n’uriya mutwe.

Kuva ku Cyumweru gishize Kabila ari mu mujyi wa Goma ugenzurwa na M23, ndetse amakuru avuga ko mu minsi ahamaze yagiye ahura n’abayobozi b’ihuriro AFC ribarizwamo uriya mutwe.

Mukwege mu kiganiro aheruka kugirana na Televiziyo ya France 24, na we yashimangiye ibivugwa na Kinshasa ko Kabila akoreshwa n’u Rwanda.

Byari kubazwa n’umunyamakuru Marc Pelerman niba koko na we abona Kabila ari ‘kadahwema ya Perezida Paul Kagame’.

Yagize ati: “Imbwirirwaruhame ze ziragaragara. Ntiyigeze yamagana Perezida w’u Rwanda nk’uwateye [RDC], nyamara umwanzuro wa 2,773 (w’akanama k’umutekano ka Loni) usaba u Rwanda kuva muri RDC kandi nta mananiza. Hanyuma yinjiye [i Goma] anyuze mu Rwanda. Ibyo ni ibimenyetso bitajya bibeshya. Navuga ko ibyo ari gukora byamaze kubonwa.”

Mukwege kandi yagaragaje ko Kabila akwiye guha ibisobanuro abanye-Congo ku cyatumye muri 2018 afata icyemezo cyo kugira Félix Antoine Tshisekedi Perezida wa RDC, nyamara atari we wari watsinze amatora.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *