Munyakazi Sadate na Komite yari ayoboye birukanwe muri Rayon Sports

Ubuyobozi bw’umuryango wa Rayon Sports, bwatangaje ko bwamaze guhagarika ku mirimo ubuyobozi bw’ikipe ya Rayon Sports isanzwe ari igikorwa cyawo muryango, nyuma yo gusanga hari amakosa akomeye komite y’iyi kipe yakoze.

Ni icyemezo nyobozi y’umuryango wa Rayon Sports yafashe, nyuma y’inama yahuje abayigize ku wa gatandatu tariki ya 23 Gicurasi 2020.

Nta makosa yakozwe na Sadate na Komite yari ayoboye yavuzwe na Ngarambe Charles uyobora umuryango wa Rayon Sports, mu itangazo yasohoye kuri uyu wa mbere.

Iryo tangazo rivuga ko abarimo Muvunyi Paul, Dr Rwagacondo Emile Claude, Ngarambe Charles, Ntampaka Theogene, Gacinya Chance Denis, Muhirwa Prosper na Ruhamyambuga Paul ari bo baba bareberera ubuzima bwa buri munsi bwa Rayon Sports.

Perezida Sadate aganira na Rwanda Magazine, yavuze ko yamaze kubona ibaruwa imuhagarika, gusa avuga ko atari uwo ari we wese wabasha kweguza komite atari Inteko rusange.

Yagize ati”Komite ntabwo ikurwaho n’umuntu ahubwo ni Inteko rusange. Nta muntu ubifitiye ububasha. Igitera ibi byose ni ibibazo bijyanye n’umutungo wa Rayon Sports wanyerejwe Komite yatangiye gukurikirana.”

Munyakazi Sadate wari Perezida wa Rayon Sports, yirukanwe muri iyi kipe mu gihe yamaze kwandikira Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, amumenyesha uruhuri rw’ibibazo byugarije iyi kipe no kugira ngo atange ubufasha mu kubikemura.

Ni ibibazo ahanini bishingiye mu kunyereza umutungo w’iyi kipe, ku buryo byatumye igwa mu gihombo gikomeye

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *