Perezida Yoweri Kaguta Museveni w’igihugu cya Uganda akaba n’Umuyobozi mukuru w’ishyaka riri ku butegetsi NRM, yatangaje ko hafashwe icyemezo cyo guta muri yombi abayobozi umunani b’iryo shyaka bashinjwa kwiba amajwi no guhimba ibyavuye mu matora y’ibanze.
Mu itangazo rikakaye yashyize hanze, Perezida Museveni yavuze ko “abashaka inyungu zabo bwite” barimo guharabika umurage w’ishyaka NRM, ashimangira ko ababigizemo uruhare bose bazakurikiranwa n’amategeko.
Yagize ati: “Twatangiye gufata abakekwaho guhindura ibyavuye mu matora. Abamaze gufatwa baturuka mu turere twa Mayuge, Buyende, Kapchorwa, Pader, Oyam, Rwampara, Kareenga na Mbarara.”
Perezida Museveni yasabye inzego z’umutekano gukomeza iperereza no gukurikirana abandi bose bafite aho bahuriye n’ibi bikorwa birimo ruswa, gutera ubwoba abatora, no gukoresha amayeri mu guhindura urutonde rw’abagomba gutora.
Yongeyeho ko hashyizweho komite y’abanyamategeko bakuru bazasuzuma ibirego n’ibibazo byagaragaye muri ayo matora y’ibanze.
Ibi bibaye mu gihe hari impaka nyinshi zivugwa muri NRM ku bijyanye n’akarengane mu matora, aho bamwe mu bakandida banze kwemera ibyayavuyemo, bavuga ko muri komite y’amatora harimo ruswa n’ivangura.
Perezida Museveni yibukije ko indangagaciro za NRM zishingiye ku butwari, ukwitanga no gukunda igihugu bidakwiye gusenywa n’abashaka inyungu zabo bwite.


