Museveni yanenze abasirikare ba Uganda bagabweho igitero na Al-Shabab

Perezida wa Uganda Yoweri Museveni yemeje ko ikigo cy’ingabo za Uganda ziri mu butumwa bw’amahoro muri Somalia cyagabwemo igitero n’intagondwa zibarirwa mu magana ziyitirira idini rya Islam zo mu mutwe wa al-Shabab, mu rukerera rwo ku wa 26 Gicurasi 2023.

Mu itangazo yashyize kuri Twitter, yanenze abasirikare ba Uganda bakorera mu kigo cy’i BuloMareer, mu majyepfo ashyira uburengerazuba bwa Somalia, abashinja kunanirwa gukora neza uko byari byitezwe.

Aya ni amagambo akarishye Perezida Museveni akoresheje ku myitwarire y’abasirikare b’igihugu cye, nyuma yuko intagondwa za al-Shabab ziraye muri kimwe mu bigo byazo mu butumwa zirimo muri Somalia bw’umuryango w’Ubumwe bw’Afurika, buzwi nka ATMIS.

Ingabo za Uganda ziri muri icyo gihugu kuva mu mwaka wa 2007.

Ibindi bihugu bifiteyo abasirikare bari muri ubwo butumwa ni u Burundi, Kenya, Djibouti na Ethiopia.

Museveni yavuze ko aba basirikare ba Uganda bahiye ubwoba basubira inyuma bava muri icyo kigo. Ngo ibyo ntibyari ngombwa kuko ubwirinzi bwabo bwari kuba bukomeye bihagije iyo baguma aho bari bari. Ati: “Rero wabaye umwanya upfuye ubusa wo kubarimbura [aba al-Shabab]. Ibikorwa birakomeje kandi bazicuza ibyo bakoze”.

Ku wa gatanu, umutwe wa al-Shabab wavuze ko wishe abasirikare benshi ba Uganda. Museveni yemeye ko hari abapfuye, ariko nta yandi makuru yatanze.

Nyuma y’iki gitero, ingabo za Leta zunze ubumwe za Amerika zagabye igitero cy’indege kuri ibi birindiro byafashwe n’abarwanyi ba Al-Shabab, isenya intwaro bari bafashe.

Museveni yavuze ko harimo gukorwa iperereza rya gisirikare ngo hamenyekane neza uko byagenze, n’umubare w’abapfuye n’abakomeretse.

Yanditswe na Gaston Rwaka

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *