Myanmar: Aung San Suu Kyi wahiritswe ku butegetsi yakatiwe indi myaka 7 y’igifungo yose hamwe iba 33

Urukiko rwa gisirikare rwo muri Myanmar rwakatiye uwahoze ari perezida, Aung San Suu Kyi igifungo cy’imyaka irindwi, bituma imyaa y’igifungo amaze gukatirwa igera muri rusange ku myaka 33 .

Uwahoze ari umuyobozi watowe mu nzira ya demokarasi afungiwe mu rugo kuva igisirikare cyahirika guverinoma ye muri coup d’Etat yo muri Gashyantare 2021.

Kuva icyo gihe, yahuye n’amezi 18 y’imanza ku byaha 19, imiryango iharanira uburenganzira ivuga ko ari ibinyoma.

Akanama k’Umuryango w’Abibumbye gashinzwe umutekano kasabye ko yarekurwa mu cyumweru gishize.

Kuri uyu wa Gatanu, yakatiwe ku byaha bitanu bya nyuma yaregwaga. Urukiko rwamuhamije icyaha cya ruswa kubera ko atakurikije amabwiriza mu gukodeshereza kajugujugu minisitiri wa leta.

Iyi nkuru dukesha BBC ivuga ko yari yaramaze guhamwa n’ibyaha 14 bitandukanye birimo kurenga ku mabwiriza yo gukumira Covid 19, gutumiza mu mahanga ibyombo (walkie-talkies) no kurenga ku itegeko ryo kutamena amabanga ya leta.

Urubanza rwe muri uyu mwaka rwaburanishijwe mu muhezo aho rubanda n’itangazamakuru byabujijwe kwinjira kandi abamwunganira nabo babujijwe kuvugana n’abanyamakuru.

Uyu mukecuru w’imyaka 77 wegukanye igihembo cyitiriwe Nobel kandi wahakanye ibyaha byose yarezwe, yamaze igihe kinini afunzwe afungiwe mu rugo mu murwa mukuru, Nay Pyi Taw.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *