Myugariro ngenderwaho w’Amavubi yanduye Covid-19

Myugariro Nirisarike Salomon uri mu bagenderwaho mu kipe y’Igihugu y’u Rwanda ‘Amavubi’, yanduye icyorezo cya Covid-19 mu gihe yiteguraga kwitabira ubutumire bw’Ikipe y’Igihugu.

Nirisarike ukinira FC Pyunik yo muri Armenia, yari mu bakinnyi 37 umutoza w’Amavubi, Mashami Vincent, yari yitabaje ku mikino ibiri u Rwanda ruzahuramo na Cap-Vert, mu gushaka itike y’Igikombe cya Afurika kizabera muri Cameroun muri 2022.

Salomon mu kiganiro kihariye yagiranye na Radiyo B&B FM Umwezi, yavuze ko we n’abandi bakinnyi batanu ba FC Pyunik, bityo akaba atazitabira ubutumire bw’Amavubi kubera akato k’ibyumweru bibiri agomba kujyamo.

Uyu musore yari umwe mu bagenderwaho mu kipe y’Igihugu, aho yafatanyaga na Rwatubyaye Abdul gukina mu mutima w’ubwugarizi.

Amavubi yatangiye kwitegura Cap Vert tariki ya 9 Ukwakira, ariko adafite abakinnyi bakina hanze y’igihugu cyo kimwe n’aba APR FC bazaboneka tariki ya 02 Ugushyingo.

Amavubi azabanza kwakirwa na Cap-Vert mu mukino ubanza uteganyijwe kubera i Praia tariki ya 11 Ugushyingo mu gihe uwo kwishyura uzabera i Kigali tariki ya 17 Ugushyingo 2020.

Amavubi ni aya nyuma mu itsinda F n’ubusa bw’amanota, nyuma yo gutsindwa na Mozambique ibitego 2-0 ndetse na Cameroun igitego 1-0 mu mikino ibiri yabaye mu Ugushyingo 2019.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *