Umukinnyi wo hagati mu kibuga mu ikipe ya Chelsea N’Golo Kante, yamaze gufata umwanzuro werekeza mu gihugu cya Soudi Arabia mu ikipe ya Al-Ittihad aho agiye gusanga mugenzi we Karim Benzema umaze igihe gito yasinyanye nayo amasezerano yo kuyikinitra. Ni nyuma y’uko uyu musore w’imyaka 32 biteganyijwe ko amasezerano ye,azarangira mu mpera z’uku kwezi kwa Kamena 2023 aho azahita yerekeza bidasubirwaho muri iki gihugu. Azahita akinana na mugenzi we Benzema basanzwe bakinana mu ikipe y’igihugu y’Ubufaransa wasinye amasezerano y’imyaka 3 muri Al-Ittihad.Kante agiye kuva muri Chelsea aho yari amaze imyaka irenga 6 ayikinira nyuma yo kuva muri Leiciter City. Muri Sezo (Season) ya 2015-16 Kante,Kante yafashije Leicester City gutwara igikombe cya Champiyona y’Ubwongereza izina rye riba ikimenyabose ari nabwo yahise yerekeza muri Chelsea ari nabwo yahise yerekeza muri Chelsea ayifasha gutwara igikombe cya cya Premier League, Champions League, Europa League na FA Cup.Ikindi n’uko yafashije igihugu cye cy’Ubufaransa gutwara igikombe cy’Isi cya 2018. Amasezerano ya Kante amwerekeza muri Soudi Arabia avuga ko azamara imyaka 3 aho azajya ahembwa amayelo miliyoni 86 .Ni mu gihe iki gihugu cya Soudi Arabia gikomeje kwigarurira abakinnyi rurangiranwa harimo na Cristiano Ronaldo umaze gutwara Ballon D’or eshanu.


