Naraguhunze ushaka kunyica, none ngusange bimarire iki?-Umunyarwanda mu nkambi ya Kakuma

Umunyarwandakazi uba mu Nkambi ya Kakuma iri mu Burengerazuba bwa Kenya, avuga ko atifuza kugaruka mu Rwanda cyane ko ngo hari ibyo yahunze bitarakemuka birimo no guhitana ubuzima bwe.

Uyu utatangaje amazina ye, ntiyabwiye BBC abashatse kumuhitana mbere yo guhunga u Rwanda gusa avuga ko atazahagaruka.

Abajijwe ku kuba Leta ya Kenya iteganya gufunga inkambi ya Kakuma mu 2022, ikamusaba gusubira mu Rwanda, ati ” Ushobora kuba warahunze ikintu runaka, kikaba kitararangira. N’ukuvuga ngo ni naba naraguhunze ushaka kunyica, none ndaza ndagusangaho hanyuma bimarire iki?”

Ku ngingo yo kuba haba hari abanyepolitiki babuza izi mpunzi kugaruka mu bihugu byazo, babiteye utwatsi. Bavuga ko ibyo babonye bitatuma hari umunyepolitiki ubashuka.

Ibyo kudasubira mu bihugu byabo, babihuriyeho n’abava mu Burundi bavuga ko batabikozwa. Hari uwagize ati ” Nka jewe ndi umututsi. Igihe abatutsi bari ku butegetsi, iyo nzoga nta yo nasomyeko. Abahutu bari ku butegetsi, ndi mu buhungiro. None umunyepolitike yoza kumpenda yova hehe? N’ukuri sinivugiye, nta munyepolitike ariko araza guhenda abantu ngaha pe!”

Leta ya Kenya yatangaje ko izatangira gufunga inkambi za Dadaab na Kakuma kuwa 5 Gicurasi 2022.

Kakuma ibamo impunzi impunzi ziva mu bihugu birenga icumi. Harimo u Rwanda, u Burundi, DRC n’ibindi bihugu.

Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *