Ikipe ya Arsenal yaraye itsinze Manchester United ibitego 2-0, mu mukino wa shampiyona y’Abongereza warebwe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Amb Olivier Nduhungirehe wari kumwe n’uw’Intebe w’u Bwongereza, Keir Starmer.
The Gunners isanzwe ari umufatanyabikorwa w’u Rwanda biciye muri gahunda ya Visit Rwanda yari yakiriye Manchester United, mu mukino w’umunsi wa 14 wa Premier league.
Ibitego bya ba myugariro William Saliba na Julian Timber ni byo byafashije iyi kipe y’umutoza Mikel Arteta kwegukana amanota atatu, iba ikipe ya mbere itsinze bwa mbere umutoza Ruben Amorim kuva ahawe inshingano zo gutoza Manchester United.
Ni ibitego byombi byinjiye mu gice cya kabiri cy’umukino biturutse ku mipira ya koruneri.
Manchester United yihagazeho mu gice cya mbere cy’umukino, gusa igorwa n’icya kabiri yokejwemo igitutu cyinshi na Arsenal.
Iyi kipe ifite ibikombe byinshi mu Bwongereza yabonye uburyo bukomeye biciye kuri myugariro Matthijs de Ligt na Anthony winjiye mu kibuga asimbura, gusa biba ngombwa ko Arsenal irokorwa n’umunyezamu David Raya.
Mu gihe The Gunners yabonaga amanota atatu yuzuye, Liverpool iyoboye urutonde rwa shampiyona yo yatakazaga abiri nyuma yo kugwa miswi na Newcastle United ibitego 3-3.
Ni mu gihe Manchester City yari imaze imikino irindwi idatsinda na yo yongeye kubona amanota atatu, nyuma yo gutsinda Nottingham Forest yari yayisuye ibitego 3-0.
Umunsi wa 14 wa Premier league wasize Liverpool ikiyoboye Premier league n’amanota 35, irusha arindwi amakipe ya Chelsea na Arsenal ayikurikiye.
Manchester City yafashe umwanya wa kane n’amanota 26, mu gihe Manchester United iri ku wa 11 n’amanota 19.


