Niger:Bazoum aracyategereje gusubira ku butegetsi nyuma yo kubona umwavoka

Perezida Mohamed Bazoum uherutse guhirikwa ku butegetsi muri Niger atangaza ko agifite icyizere cyo gusubira ku butegetsi nyuma y’uko ngo abonye abamwunganira mu mategeko.

Ku ya 18 Nzeri, Mohamed Bazoum yahisemo kohereza ikirego cye mu nkiko zo muri Afurika y’Iburengerazuba kugira ngo asabe ko yarekurwa kandi agasubizaho itegeko nshinga muri Nigeriya.Ni nyuma yo kumara hafi amezi 3 afungiwe iwe mu ngoro y’umukuru w’Igihugu n’umugore we Haziza ndetse n’umuhungu we Salem,ariko ngo akaba yiteguye kujya mu butabera kugirango asubire ku butegetsi.

Ni mu gihe ibihugu byinshi n’imiryango mpuzamahanga ikomeje gusaba ko yarekurwa, ariko ubutegetsi bwa gisirikare bukaba bukomeje gutsimbarara kugeza ubu.

Umwunganizi we wo muri Senegal, Mohamed Seydou Diagne avuga ko n’ubundi umwanya we ntaho wagiye azongera akawusubiramo.Me Diagne yasobanuriye AFP ko batanze ikirego kandi ko Urukiko rw’Ubutabera rwa Ecowas rwashyizeho itariki y’iburanisha”.

Ihirikwa ry’ubutegetsi rya Bazoum ryamaganwe n’abafatanyabikorwa bo mu Burengerazuba bwa Niger, nk’Ubufaransa na Amerika, ndetse na Loni, bagaragaza ko ishyigikiye Mohamed Bazoum kandi isaba ko yarekurwa gusa ntacyo byatanze.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *