Niger: Mushikiwabo yasabye abahiritse ubutegetsi kurekura Perezida Bazoum nta mananiza

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango wa La Francophonie, Louise Mushikiwabo, yamaganye ihirikwa ry’ubutegetsi ryo mu gihugu cya Niger ndetse asaba ko Perezida Mohamed Bazoum arekurwa nta mananiza .

“Ibikorwa nk’ibi byo gushyira mu bibazo ubudasiba ibyagezweho na demokarasi binyuranye n’indangagaciro za La Francophonie, ndetse n’ibyemezo Leta zacu na guverinoma byiyemeje binyuze mu itangazo rya Bamako ryo ku ya 3 Ugushyingo 2000. Ntabwo ari ibintu byemewe, cyane cyane mu rwego rwa Sahel aho imbaraga zose zigomba guhurira hamwe hagamijwe gushimangira amahoro n’umutekano, ibintu by’ingenzi bikenewe kubw’ iterambere ry’ubukungu n’imibereho myiza y’abaturage ”, uyu ni Umunyamabanga Mukuru wa OIF, Louise Mushikiwabo.

Louise Mushikiwabo kandi nk’uko tubikesha urubuga rw’Umuryango wa La Francophonie, yahamagariye ingabo z’igihugu kugira umutima wo gukunda igihugu no kubungabunga demokarasi ya Niger.

Arasaba kubahiriza ubusugire bw’umubiri no kurekurwa bidatinze kandi nta mananiza k’umukuru w’igihugu watowe mu nzira ya demokarasi, Mohamed Bazoum.

Kuwa Gatatu ushize nibwo abasirikare bo mu mutwe ushinzwe kurinda umukuru w’igihugu bahiritse ku butegetsi Perezida Mohemed Bazoum wari umaze imyaka 2 n’amezi 3 ku butegetsi.

Asoma itangazo ryemeza iki gikorwa, Colonel Amadou Abdramane, akikijwe n’abandi basirikare bakuru icyenda, yavuze ko ingabo z’igihugu n’abashinzwe umutekano biyemeje: “Gushyira iherezo ku butegetsi kubera umutekano ukomeje kwangirika n’imiyoborere mibi.”

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *