I Abuja, muri Nigeria, Urukiko rw’Ubutabera rw’Umuryango w’ubukungu w’ibihugu by’Afurika y’Iburengerazuba (ECOWAS) kuri uyu wa Gatanu, itariki 15 Ukuboza rwategetse abahiritse ubutegetsi muri Niger kurekura nta mananiza uwari perezida, Mohamed Bazoum, ufunganwe n’umugore we n’umuhungu we kuva yahirikwa ku butegetsi kuwa 26 Ukwakira 2023 ndetse agahita asubizwa ku butegetsi.
Umucamanza abona uburenganzira bwabo bwinshi bwarahungabanijwe: uburenganzira bwo kugenda no kugaruka, kuko hashize amezi arenga 4 bafungiwe mu ngoro ya perezida; n’uburenganzira bwo kudafatwa no gufungwa binyuranyije n’amategeko.
Nk’uko iyi nkuru dukesha RFI ivuga, Ubutabera bwo muri Afurika y’Iburengerazuba busanga kandi uburenganzira bwa politiki bwa Mohamed Bazoum bwarahungabanijwe: busaba ko muri Niger hasubizwaho ubutegetsi bugendera ku itegeko nshinga no gusubiza ku butegetsi perezida wahiritswe.
Ubwunganizi bwa Leta ya Niger bwo bwasabaga urukiko gutangaza ko rudafite ububasha bwo gusuzuma ikirego bwagejejweho n’abunganira Bazoum, birangira ahubwo iki cyifuzo ari cyo gitewe utwatsi.
Abacamanza bafashe icyemezo bakurikije amategeko, ariko ibyemezo by’urukiko rw’ubutabera rwa ECOWAS ntabwo buri gihe byubahirizwa. Abunganira Mohamed Bazoum bemeza ko ibihugu bigize uyu muryango ari byo bigomba gutuma iki cyemezo cy’urukiko gishyirwa mu bikorwa.
Urukiko rw’ubutabera rwa ECOWAS rukaba rwahaye abategetsi bashya ba Niger igihe ntarengwa cy’ukwezi, uhereye igihe babimenyeshejwe, kugira ngo batange raporo ku ishyirwa mu bikorwa ry’icyemezo cyarwo.


