Nigeria: Abapolisi bane bishwe n’ibyihebe muri Leta ya Borno

Kuri uyu wa Gatandatu, umuvugizi wa polisi yavuze ko byibuze abapolisi bane biciwe mu majyaruguru y’uburasirazuba bwa Leta ya Borno muri Nigeria .

Borno yabaye izingiro ry’ubwigomeke bwa Boko Haram hamwe n’umutwe wa Leta ya kisilamu mu Ntara ya Afurika y’iburengerazuba (ISWAP) mu myaka irenga icumi mu majyaruguru y’uburasirazuba, aho bakomeje kugaba ibitero byica ku baturage ndetse n’abashinzwe umutekano.

Umuvugizi wa polisi muri Borno, Nahum Daso Kenneth, yatangaje ko abo barwanyi mu ijoro ryo ku wa Gatanu bagabye igitero ku mujyi wa Gajiram mu gace ka Nganzai, mu birometero 82 uvuye i Maiduguri, umurwa mukuru wa Leta.

Kenneth yagize ati: “Abagabo bacu bahanganye na bo mu ntambara y’imbunda (kandi) babuza ko abaterabwoba binjira mu mujyi, kandi basubiza inyuma icyo gitero. Ikibabaje ni uko abapolisi bane bishyuye igiciro kirenze”. Kenneth akomeza avuga ko ituze ryagarutse mu mujyi.

Abarwanyi ba ISWAP bazwiho gukorera i Nganzai, aho bagaba ibitero rimwe na rimwe byibasira abashinzwe umutekano ndetse n’abaturage nkuko iyi nkuru dukesha Reuters ivuga.

Nigeria irimo guhangana n’ikibazo cy’umutekano muke ukabije, kirimo n’abajura bitwaje imbunda bashimuta abantu bashaka ingurane mu majyaruguru y’iburengerazuba, imirwano y’aborozi n’abahinzi yica abantu hagati mu gihugu n’ibindi bikorwa by’ubugizi bwa nabi mu majyepfo y’iburasirazuba

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *