Novak Djokovic yirukanwe muri Australia adakinnye nyuma yo gutsindwa urubanza ku kwikingiza

Umukinnyi wa Tennis w’Umunyaseribiya ari nawe numero ya mbere ku Isi kugeza ubu, Novak Djokovic, yirukanywe muri Australia nyuma yo gutsindwa n’urubanza rwa nyuma rwo kuguma muri iki gihugu.

Abacamanza banze imbogamizi zatanzwe n’uyu mukinnyi wa tennis wanze kwikingiza covid-19 nyuma y’uko guverinoma ihagaritse visa ye ku mpamvu z’ubuzima.

Djokovic yavuze ko “yatengushywe cyane” ariko yemera iki cyemezo. Kuri iki Cyumweru akaba yavuye muri Australia mu ndege yerekeza i Dubai.

Iyi nkuru dukesh BBC ikaba ivuga ko ibi bishyize akadomo ku ntambara yari imae iminsi 10 Djokovic rwanira kuhaguma kugirango arengere umwanya we wa mbere muri Australia Open.

Abashyigikiye Djokovic baruciye brarumira hanze y’urukiko ubwo iki cyemezo cyatangazwaga umunsi umwe mbere y’umukino wo gufungura irushanwa yagombaga gukina kuri uyu wa Mbere, itariki 17 Mutarama 2022.

Umufana umwe yabwiye BBC ko impeshyi ye izaba “impfabusa” kubera ko Djokovic w’imyaka 34 atakina Australia Open.

Minisitiri w’intebe wa Australia, Scott Morrison, yishimiye “icyemezo cyo gukomeza imipaka yacu no kurinda umutekano wa Australia”.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *