Ikipe ya Musanze FC yatangaje ko Nshimiyimana Imran wari umaze imyaka ibiri muri Rayon Sports ari umukinnyi wayo, nyuma yo kuyisinyira amasezerano y’imyaka ibiri.
Musanze FC yemeje aya makuru ibinyujije ku mbuga nkoranyambaga zayo.
Iti: “Nshimiyimana Imran amaseze gusinya amasezerano y’imyaka 2 muri Musanze FC.”
Nshimiyimana Imran ukina hagati mu kibuga afasha ba myugariro, yari umukinnyi wa Rayon Sports kuva mu mpeshyi ya 2019 nyuma yo kuyigeramo avuye muri APR FC.
Mbere yo kujya muri APR yari yaranyuze mu makipe ya AS Kigali yakiniye hagati ya 2012 na 2016, ayivamo yerekeza muri Police FC yakiniye imyaka itatu.
Imran kandi asanzwe ari n’umukinnyi w’ikipe y’igihugu ‘Amavubi’ yagiye ahamagarwamo kenshi.
Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV->https://www.youtube.com/channel/UC_Wx4Sy2IawVLtp5-QMRhnQ]


