Nyamagabe: Abagizi ba nabi bishe abantu 2, bakomeretsa abandi bikomeye

Habimana Samuel w’imyaka 23 y’amavuko na Turikunkiko Vincent w’imyaka 60 y’amavuko bishwe n’abagizi ba nabi b’abambuzi mu mudugudu wa Gatigita, Akagari ka Gahira, Umurenge wa Uwinkingi mu Karere ka Nyamagabe ku mugoroba w’uyu wa 17 Kamena 2020, bakomeretsa bikomeye abandi 2 bakoresheje ibyuma bya ‘ferabeto’ (Fer à beteau).

Ni ubugizi bwa nabi bukomeje gukorerwa muri uyu murenge kuko mu cyumweru gishize tariki ya 12 Kamena nabwo hari abandi 4 batezwe, barakomeretswa harimo babiri bakomerekejwe bikomeye. Abaturage batangaje ko aba bagizi ba nabi bari bitwaje imihoro.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Ntara y’Amajyepfo, CIP Sylvestre Twajamahoro yatangarije bwiza.com ati: ” Nibyo Koko byabaye mu masaa 7h30. Abishwe ni babiri, abakomerekejwe muri biriya bikorwa byombi ni batandatu.”

CIP Twajamahoro yakomeje avuga ku bugizi bwa nabi bwakozwe mu cyumweru gishize, ati: “Ku cyumweru gishize, aba bakora urugomo rwo kwambura abantu bateze umuturage bashakaga kwambura amafaranga yari agiye kugura ishyamba, bamutegera mu nzira ntibamubona bambura abandi baturage bagenda.”

Bamwe mu baturage batuye mu murenge wa Uwinkingi batangarije bwiza.com ko aba bagizi ba nabi bakorera urugomo abaturage bitwaje imihoro, bamara bagahungira mu ishyamba rya Nyungwe. Ibi babihuza n’ibitero byagabwe mu duce twegereye iri shyamba mu myaka ibiri ishize.

CIP Twajamahoro anyomoza aya makuru ati: “Twakuraho urujijo rw’abashaka guhuza ibi bikorwa by’urugomo n’ibyabaye mu myaka yashize muri kiriya gice cyegera ishyamba rya Nyungwe.” Avuga ko kandi aba bagizi ba nabi baticishije imihoro nk’uko abaturage babivuga, ahubwo bakoresheje ibyuma bikoreshwa mu bwubatsi bya ‘ferabeto’.

Abakoze ibi bikorwa bwa mbere batawe muri yombi, bakaba bacumbikiwe na RIB, ababikoze kuri uyu wa 17 nabo bakaba bashakishwa kugira ngo bashyikirizwe ubutabera. Abakomeretse mu buryo bukomeye bari kuvurirwa mu bitaro bya Kigeme na CHUB mu Karere ka Huye.

Abaturage barahumurizwa ko “umutekano uhari”. Bakomeze imirimo ibateza imbere, birinda ibihuha, batange amakuru ku gihe mu gihe hari uwo baketse wahungabanya umutekano.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *