Nyaruguru: Barasaba ko bakwigirwa imishinga yongerera agaciro umwuga wabo wo kubumba

Abahejejwe inyuma n’amateka bo mu karere ka Nyaruguru barasaba Leta n’abandi baterankunga ko babigira imishinga yongerera agaciro umwuga wabo wo kubumba.

Bavuga ko nta masambu yo guhinga bagira kandi ko kugeza ubu, bakiwukora ku buryo bwa gakondo, ntibababone inyungu ahubwo bikabahoza mu bukene.

Uwitonze Antoniya ni umwe mu bahejejwe inyuma n’amateka utuye mu kagari ka Mariba, mu Murenge wa Rusenge ugikora ako kazi. Ubwo twamusangaga mu kirombe n’abana be, bakura ibumba mu gishanga kiri hagati y’umurenge wa Rusenge na Kibeho, yagize ati: “Turacyabumba nk’uko ba sogokuru babikoraga. N’abana bacu ni wo mwuga tubigisha. Nta mafaranga arimo. Dukeneye abahanga batwigira imishinga yongerera agaciro ibumba ryacu natwe tukiteza imbere nk’abandi.”

Uwitonze avuga ko umutwaro umwe w’ibumba uvamo inkono 2. Imwe ikagura hagati ya 200 RFW na 300 RFW.

Maniraho Marc na Gatoya Innocent batuye mu kagari ka Ngeri, mu murenge wa Munini. Bavuga ko ibumba ari ryo ribatunze. Maniraho yagize ati: “ibumba ni ryo riturerengera. Iyo tutakuye ibumba ntiturya. None ko batadufasha twakora iki?.”

Umuyobozi wungirije w’akarere ka Nyaruguru ushinzwe imibereho myiza y’abaturage, Colette Kayitesi avuga ko abatishoboye muri bo basindagizwa nk’abandi baturage. Ati: “Ibikorwa byo kubateza imbere birahari..(..).. Bari muri gahunda za leta nk’abandi baturage. Kandi bose si ko batishoboye.”

Nyaruguru ni ko karere gafite abahejejwe inyuma n’amateka benshi ugereranije n’utundi turere two mu Rwanda. Mu mirenge ine yonyine (Rusenge, Munini, Kibeho na Mata) habarizwa imiryango isaga 700, nk’uko Jeanne d’Arc Mukasekuru, uhagariye Koperative y’Ababumbyi bo mu Rwanda (COPORWA ) muri Nyaruguru abivuga. Abenshi muri bo, abakuru n’abato, baracyakora ako kazi ko kubumba ku buryo bwa gakondo. Bikagaragara ko iterambere ryabo ritajyana n’aho igihugu cyigeze.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *