Nyuma yo kotswa igitutu, Tshisekedi ngo agiye gukuraho état de siège muri Ituri na N.Kivu

Perezida Félix Tshisekedi wa Repubulika ya Demokarasi ya Congo yafashe icyemezo cyo koroshya “gahoro gahoro kandi mu byiciro” ubutegetsi bwa gisirikare mu ntara ebyiri mu burasirazuba bw’igihugu.

Amakuru avuga ko ngo nyuma yo kubiganiraho n’abakuriye inzego za leta no n’inama nkuru ya gisirikare, yafashe icyemezo cyo kwerekeza abaturage b’intara za Ituri na Kivu ya Ruguru ku iyoroshya kudohora ubutegetsi bukaba ubwa gisiviri.

BBC itangaza ko ngo Tshisekedi yavuze ko yahisemo gushyiraho “uburyo bw’inzibacyuho bugamije gusubizaho ubutegetsi bwa gisivile… mu duce twamaze kugarurwamo umutekano n’ingabo za RDC [FARDC].

Intara za Kivu ya Ruguru na Ituri ziyobowe n’igisirikare kuva ku itariki ya 6 Gicurasi (5) mu 2021, hagamijwe kurandura imitwe yitwaje intwaro, ariko ntabwo iyo mitwe yarandutse kuko usanga umunsi ku munsi havuka n’indi mishya.

Ariko mu kwezi kwa Kanama (8) uyu mwaka, benshi mu bitabiriye inama nyunguranabitekerezo y’abategetsi yigaga kuri ubwo butegetsi bwa gisirikare, buzwi nka état de siège, bari bokeje igitutu guverinoma ko buvanwaho kuko nta musaruro ugaragara bwatanze.

Abadepite bo mu ntara no ku rwego rw’igihugu na ba guverineri ba gisirikare b’izo ntara ebyiri, ni bamwe mu bategetsi bari bitabiriye iyo nama yabereye i Kinshasa mu nteko ishingamategeko y’icyo gihugu.

Tshisekedi atangaje ibi bijyanye na état de siège, mu gihe kuva mu minsi ya vuba aha ishize imirwano yongeye kubura mu burasirazuba bw’igihugu mu ntara ya Kivu ya Ruguru.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *