Umutwe wa AFC/M23 wikomye amahanga akomeje kutagira ikintu na kimwe ku bitero bikomeye ingabo za Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo zikomeje kuwugabaho, mu gihe wo iyo ufashe icyemezo cyo kwirwanaho birangira wamaganiwe kure.
Uyu mutwe wanenze guceceka k’umuryango mpuzamahanga biciye muri Perezida wayo akanaba umuhuzabikorwa wungirije w’ihuriro Alliance Fleuve Congo, Bertrand Bisimwa.
Yanditse ku rubuga rwe rwa X ati: “Turabona ko ubutegetsi bwa Kinshasa bwongeye gukandagira agahenge, bugatangiza ibitero rusange ku mirongo yose y’urugamba ndetse no hirya yayo. Ibi ni igikorwa cyateguwe neza kandi cyagutse, kigaragaza icyemezo cyafashwe ku bushake cyo guhitamo inzira ya gisirikare.”
Bisimwa yavuze ko nka AFC/M23 bafite impungenge zikomeye, kubera ko “kugeza ubu nta gikorwa gisobanutse kandi kigaragara cyafashwe kigamije “guhagarika by’ako kanya” ibitero bakomeje kugabwaho n’Ingabo za Leta ya RDC.
Ati: “Nta kwamagana ku mugaragaro, nta gucyaha, nta n’intambwe zgaragara zafashwe kugira ngo hirindwe ibyago byo kwiyongera kw’imirwano.”
Perezida wa M23 avuga ko uguceceka gukomeje kugaragaza n’amahanga gitandukanye cyane n’uburyo yihutira kwamagana uriya mutwe, iyo wagabweho ibitero bikaba ngombwa ko wirwanaho.
AFC/M23 yikomye amahanga akomeje kuruca akarumira, mu gihe ikomeje kugabwaho ibitero karahabutaka n’ihuriro ry’ingabo za Leta ya Congo Kinshasa.
Ibitero bya drone izo ngabo zagabye mu gace ka Rubaya ejo ku wa Kabiri byasize zishe uwari umuvugizi wa gisirikare w’uriya mutwe, Lt. Col Willy Ngoma.
Amakuru kandi avuga ko kuri uyu wa Gatatu ingabo za Leta zakajije ibitero kuri uriya mutwe, by’umwihariko muri Teritwari ya Masisi ahakomeje kubera imirwano ikomeye.
AFC/M23 kandi irashinja ingabo za Kinshasa kugaba ibitero muri Kivu y’Amajyepfo, nko gace ka Rutigita mu Minembwe, muri Kitazungura muri Teritwari ya Kalehe ndetse no mu Rugezi mu Minembwe.


