Screenshot_20250120_183439_Instagram_1737394851

Obama, Hillary Clinton, Bill Clinton bazomerewe mu irahira rya Trump

Ku wa Mbere, tariki 20 Mutarama, Barack Obama yitabiriye ibirori byo kurahira kwa Donald Trump, wabaye Perezida wa 47 wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, ariko yakirwa nabi n’abari aho.

Obama wahoze ari Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika yakiriwe n’amajwi y’abantu bari kumuzomera  ubwo yageraga ahabereye irahira.

Si we wenyine wakiriwe nabi, kuko na Hillary Clinton hamwe na Bill Clinton bahuye n’ibikorwa nk’ibyo ubwo bageraga ahabereye irahira.

Ku rundi ruhande, George W. Bush n’umugore we Laura bakiriwe neza n’abari bitabiriye ibyo birori.

Abanyamerika benshi bifashishije urubuga rwa X (Twitter) bamagana imyitwarire y’abantu bagaragaje kudaha icyubahiro Obama, bavuga ko bidakwiriye mu birori nk’ibyo.

 

 

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *