Papa Francis yatangaje ko umudayimoni w’ubwibone ari kwinjirira abashumba bakuru ba Kiliziya

Umushumba Mukuru wa Kiliziya Gatolika ku Isi, Papa Francis yatangaje ko hari umudayimoni wigaragaza ko ari mwiza ariko afite ubwibone, ukomeje kwinjirira abashumba bakuru b’iri torero bakorera i Vatican.

Ibi yabitangarije ba Karidinali bakorera mu biro bikuru bya Kiliziya kuri uyu wa 22 Ukuboza 2022, ubwo yabagezagaho ubutumwa bubanziriza umunsi mukuru w’ivuka rya Yezu Kirisitu, uzwi nka Noheli.

Nk’uko ibiro ntaramakuru bya Kiliziya Gatolika, CNA, bibivuga, Papa Francis yagize ati: “Nyamara dufite ibyago byinshi kurusha abandi, kubera ko twinjiriwe n’umudayimoni mwiza, utaza n’ijwi rirenga, ahubwo uzana indabo mu ntoki ze.”

Umushumba Mukuru wa Kiliziya Gatolika yasobanuye ko uyu mudayimoni atuma abakorera muri ibi biro bumva ko ari beza kurusha bagenzi babo, bagahugira muri ibyo, aho guhinduka ngo bakora neza umurimo bahamagariwe.

Papa Francis yatangaje ko kwamagana uyu mudayimoni bidahagije, ahubwo ko abashumba bakuru bakwiye guhinduka. Ati: “Kwamagana byonyine bishobora kudushuka, tukibwira ko twakemuye ikibazo, mu gihe icy’ingenzi ari uguhinduka, bitwemeza ko tutazongera kuba imbohe z’inzira z’ibitekerezo bibi, akenshi bimwe byo mu Isi.”

Yasabye abashumba bakuru kuba maso, kuko ngo ikibi gihindura uburyo kugira ngo kigume mu bantu. Ati: “Ikibi gishobora guhindura amayeri kugira ngo kigumemo, kigashaka uburyo bushya bwatuma bitugora kugitahura. Ugerageza iteka ahora agaruka, akagaruka yihishahisha.”

Papa Francis yasoje ijambo rye, asaba abashumba kwimenyereza kurwanya iki kibazo. Ati: “Munyemerere nkoreshe imvugo ‘abadayimoni beza’, binjira bucece, twebwe tutanabizi. Buri munsi, mwimenyereza gukoresha umutimanama watuma tubatahura.”

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *