Pep Guardiola yiteguye kujyana na Man City mu kiciro cya 2

Umutoza w’ikirangirire, Pep Guardiola, yongeye kugaragaza ko urukundo afitiye Manchester City rudashingiye ku byiza gusa, ashimangira ko azakomeza kuyibera umutoza, nubwo yahanwa ikamanurwa mu Cyiciro cya Kabiri kubera ibyaha by’imari iregwa. Iki cyemezo yacyeruye mu gihe amakipe atandukanye bahanganye yishimira ko iyi kipe ishyirwa mu manza.

Manchester City irashinjwa kurenga ku mategeko y’imicungire y’imari azwi nka Financial Fair Play (FFP) inshuro zisaga 115. Ibi biramutse biyihamye, ishobora gukurwaho amanota cyangwa igahanishwa gukina mu bindi byiciro bitarimo icya Mbere.

Guardiola, umaze guhesha Manchester City ibikombe bitandukanye birimo Premier League, FA Cup, na UEFA Champions League, yavuze amagambo yuzuye ubutwari: ati: “Ndabizi amakipe menshi arifuza ko tubona ibihano bikakaye. Nibyo, ariko aho muzambona ni hamwe: ndi hano! Tuzakorera hamwe, twongere tubone intsinzi kabone nubwo twasubira mu Cyiciro cya Kabiri.”

Manchester City, ubu iri ku mwanya wa kabiri muri Premier League n’amanota 23, yitezweho guhanganira ishema n’amateka. Kuri uyu wa Gatandatu, tariki ya 23 Ugushyingo 2024, iracakirana na Tottenham mu mukino w’umunsi wa 12 wa Premier League.

Ibyaha bishinjwa Man City ntibihagaritse icyizere Guardiola afitiye ikipe; ahubwo byamwubatse nk’umutoza ukomeye ushaka gufasha ikipe kwigobotora ibibazo. “Umutoza w’imihigo,” nk’uko abafana bamwita, akomeje kubaka amateka n’ubutwari bwa Man City, yerekana ko intsinzi atari amagambo gusa, ahubwo ari ibikorwa byo guharanira ishema n’ubushobozi no mu gihe kigoye.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *