Le-president-Alassane-Ouattara

Perezida Alassane Outtara aziyamamaza manda ya kane ku myaka 83

Amatora ya Perezida wa Côte d’Ivoire: Alassane Ouattara yatangaje ko aziyamamaza nk’umukandida kumwanya w’umukuru w’igihugu mu matora yo ku ya 25 Ukwakira uyu mwaka.

Alassane Ouattara kuva mu 2011, nibwo yagiye ku butegetsi, ubu aka ashaka manda ya kane ku myaka 83. Yagize ati:” Nyuma yo kubitekerezaho neza no mu mutima nama wose, ndatangaza uyu munsi ko nahisemo kuba umukandida mu matora y’umukuru w’igihugu yo ku ya 25 Ukwakira 2025, Itegeko Nshinga ry’igihugu cyacu rinyemerera gukora indi manda.”

Perezida Alassane Outara, yahiriwe cyane na politike ya Cote d’ivoire nyuma yo kuburirwa irengero ku ibifi binini byamenyekanye cyane muri politike y’iki gihugu. Iminota itanu yijambo rye ryashyizwe kuri murandasi  kuri uyu wa kabiri kuwa 29 Nyakanga 2025, perezida Outara yakuyeho urujijo ku baturage bari bari bagifite amatsiko niba koko aziyamamaza.

N’ubwo yari afite ubushishozi kuri iki kibazo, ishyaka rye, Le Rassemblement des houphouëtistes pour la démocratie et la paix (RHDP),ryakomeje kugwiza amagambo yo kumushyigikira. Muri videwo asobanura muri aya magambo, agira ati: “Nkuko mubizi, muri Werurwe 2020, nahisemo kongera imbaraga mu rubyiruko. Ibi nabivuze kubera ko nizera ko bizagenda bisimburana kandi bikwirakwizwa.”

Mubyukuri, Minisitiri w’intebe icyo gihe, Amadou Gon Coulibaly, yari yagizwe umusimbura we ( Dauphin) ariko yahise apfa azize indwara y’umutima habura amezi make ngo amatora abe.

Alassane Ouattara yahinduye icyemezo cye, yongera kwiyamamaza mu 2020, kubera ibihe bidasanzwe yaje gutangaza. Iyi manda yinyongera yemejwe n’Itegeko Nshinga rishya ryemejwe na referendumu mu 2016, ryakuyeho  imyaka 75 yo kuba utakwiyamamaza ku mwanya wa perezida wa Repubulika.

Perezida Ouatara muri make yagize ati: “Itegeko Nshinga ry’igihugu cyacu rinyemerera gukora indi manda kandi ubuzima bwanjye burabinyemerera.” Imyaka 83.

 

Opozisiyo ikomeje guhanyanyaza

Muri iri hangana rya politike,Alassane Ouattara ahora asubiramo disikuru zimwe kuva Repubulika ya gatatu ya Cote d’Ivoire yatangira mu 2016, ko rwose ntako atagize ngo asezere. Disikuru zibanda cyane ku rubyiruko.

Ariko abatavuga rumwe na leta bayobowe na Guillaume Soro ufite ishyaka ryitwa  Générations et peuples solidaires (GPS). baramagana byimazeyo “manda ya kane. Solo yagize ati: “Perezida ntashaka kuva ku butegetsi,kubera ko  ni umunyagitugu mwiza kandi wiyubaha.”

Côte d’ivoire nyuma y’urupfu rwa perezida Félix Houphouët-Boigny, yaranzwe n’ibigugu muri politike nka Laurent Gbagbo wafungiwe i Lahe bikarangira agizwe umwere, Aimé Henri Konan Bédié wakuwe k’ubutegetsi na Jenerali Robert Guéï, wategetse kuva mu Ukuboza 1999 kugeza 26 Ukwakira 2000, aho yishwe agerageza gukora kudeta ya kabiri yanga ibyavuye mu matora, yashyize ku butegetsi Laurent Bagbo.

Alassane Ouattara ubwo yageze ku butegetsi kuri manda ye ya mbere nyuma y’imvururu zaranze z’amatora ya 2010-2011, perezida Outara  yongeye gutorwa bwa mbere muri 2015 manda ya kabiri.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *