Minisiteri y’ububanyi n’amahanga ya Senegali yatangaje ko Perezida Umaro Sissoco Embalo, wahiritswe ku butegetsi kuwa Gatatu muri Guinea Bissau, yageze i Dakar kuri uyu wa Kane ushize, itariki ya 27 Ugushyingo.
Itangazo rya minisiteri rivuga ko Embalo yageze muri Senegal mu ndege yakodeshejwe na ECOWAS (Umuryango w’ubukungu w’ibihugu bya Afurika y’iburengerazuba).
Iri tangazo rije nyuma y’amasaha make General Horta N’Tam wahoze ari umugaba mukuru w’ingabo zirwanira ku butaka, arahiriye kuba Perezida w’inzibacyuho akaba n’umuyobozi w’Ubuyobozi Bukuru bw’Ingabo ziyoboye igihugu.


