arton45700

Perezida Kagame arashaka ko muri RDC haba amahoro: Gen Muhoozi

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen Muhoozi Kainerugaba, yatangaje ko ateganya gusura Perezida Félix Antoine Tshisekedi wa RDC mu rwego rwo kumusaba gutanga amahoro, kuko na mugenzi we w’u Rwanda yifuza ko Congo igira amahoro.

Uyu musirikare usanzwe ari umuhungu wa Perezida Yoweri Kaguta Museveni yabitangaje kuri uyu wa Kabiri tariki ya 17 Ukuboza, mu butumwa yanyujije ku rubuga rwe rwa X.

Yagize ati: “Perezida Kagame rwose ni umugabo w’umunyamahoro. Ndabizi ko ashaka ko muri RDC haba amahoro. Ndaza gusura mukuru wanjye, nyakubahwa Tshisekedi nsabe amahoro.”

Muhoozi yatangaje ibi mu gihe umwuka wongeye kurushaho kuba mubi hagati y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Ni nyuma y’uko ku Cyumweru gishize ba Perezida Kagame na Tshisekedi bagombaga guhurira i Luanda, gusa birangira bidakunze nyuma y’uko RDC n’u Rwanda bananiwe kumvikana ku ngingo yo kuba Kinshasa yajya mu mishyikirano n’inyeshyamba zo mu mutwe wa M23.

Kuri ubu imirwano hagati y’uyu mutwe n’Ingabo za Leta ya RDC ikomeje kujya mbere mu bice bya Teritwari ya Lubero aho M23 ikomeje kwigarurira uduce dutandukanye.

Gen Kainerugaba yatangaje ko ateganya kugenderera Tshisekedi, mu gihe aheruka kwikoma abacanshuro b’abazungu Perezida wa RDC yitabaje ngo bafashe ingabo ze guhangana na M23.

Uyu musirikare mu butumwa yaraye yanditse kuri X yavuze ko guhera mu kwezi gutaha kwa Mutarama azagaba ibitero ku bacanshuro bose bari mu burasirazuba bwa RDC.

Mu bundi butumwa uyu musirikare yavuze ko “abacanshuro bose bari i Goma n’i Sake bakwiye kuraswa kuko ari abanzi ba Afurika”, anahishura ko hari bamwe muri bo bamaze gufatwa matekwa.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *